Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Abarwanashyaka ba Green Party Democratic bahuriye mu Ntara y’Amajyaruguru mu nteko yitabiriwe n’abagera ku 180 baturutse mu turere twose tugize iyi ntara, aho baganiye ku bintu bimwe bitandukanye bikwiye kongerwa muri Manifesto yabo.
Iyi nteko yari igamije kuvugurura Manifesto ndetse no gutora abakandida Depite bazahagararira abandi mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024, Mu byibanzweho cyane kubyo babona byavugururwa mu byiciro binyuranye harimo ibyerekeranye n’ubutabera (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze baravuga ko bamaze umwaka urenga bashingiwe amapoto ariko ngo bategereje umuriro w’amashanyarazi amaso ahera mu kirere.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu murenge, basaba ko bahabwa umuriro n’abo bakava mu bwigunge ndetse bigakumira n’abajura bitwikira umwijima bakabiba utwabo.
Umwe muri aba baturage witwa Ndimubanzi Apolonaire yagize ati: "Badushingiye amapoto umwaka urenga urashize (…)
Kuva aho Minisitri y’Ubuhinzi n’Ubucuruzi itangarije igiciro cy’ibigori ku muhinzi wabyejeje, abantu bagera ku 105 bamaze gufatwa bagurira abaturage umusaruro wabo ku giciro kitari cyo, baciwe amande agera kuri miliyoni 40.5frw.
Byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, kuri Television y’igihgu n’Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ushinzwe ubucuruzi bw’imbere mu gihugu, Karangwa Cassien.
Yavuze ko abo bamamyi bajya kugura umusaruro w’ibigori banyuze inzira y’ubusamo, ugasanga bahenda (…)
Kuri uyu wa Kabiri, mu mudugudu wa Gabiro, akagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu, mu karere ka Rubavu, umugore witwaga Niyokwiringirwa Sifa, yishwe n’abagizi ba nabi, bamuteye icyuma.
Abatanze amakuru bavuga ko yavukijwe ubuzima ubwo yaravuye guhaha ku nzu y’ubucuruzi yari imwegereye.
Uyu nyakwigendera yatezwe hafi yaho yari atuye maze bamutera icyuma mu gatuza, nyuma gato aza gushiramo umwuka.
Umwe mu baturage bageze aho byabereye, yabwiye Mamaurwagasabo ko nyakwigendera yatewe (…)
Akarere ka Kicukiro mu mwaka wa 2022 kagize ijanisha rya 86.6% mu isuku, gahiga utundi turere mu gihugu.
Raporo y’Urwego rw’Imiyoborere, RGB igaragaza ko mu bushakashatsi iki kigo cyakoze, cyasanze Akarere ka Ngororero ari ko katagira umuco w’isuku uhamye kurusha utundi mu Rwanda.
Imibare y’iyi raporo yerekana ko Akarere ka Kicukiro mu mwaka wa 2022 kagize ijanisha rya 86.6% mu isuku, ni ukuvuga impinduka ya 2.3% mu mwaka wa 2023 mu gihe Ngororero yo yagize ijanisha rya 67.1, (…)
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hakuweho amafaranga yitwaga Nkunganire mu biciro by’ingendi Leta yongereraga umugenzi ku giciro kugira ngo abatwara abagenzi bataremererwa.
Hashize iminsi leta itangaza ko hagiye gukurwaho iyo Nkunganire ishyirwa ku biciro by’ingendo mu gihugu, bigasobanurwa ko umugenzi azajya yiyishyurira igiciro cyose abatwara abagenzi bashyizeho mu gutanga iyo serivisi leta ugakomeza gukora ibindi nifitiye abaturage akamaro.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye mu (…)
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Gakenke bahinga mu gishanga cya Mukinga baravuga ko barimo gutinda guhabwa nkunganire ndetse ngo niba ntagikozwe vuba bashobora kuzarumbya muri iki gihembwe cy’ihinga cya B.
Aba bahinzi babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu gishanga cya Mukinga gifatiye runini benshi mu baturage ba Gakenke na Musanze kuko ariho bahinga ibiribwa bitandukanye birimo ibigori n’ibishyimbo bakabona ibitunga imiryangoyabondetse ndetse (…)
Mu murenge wa Nyabinoni mu karere ka Muhanga hari abaturage bavuga ko bamaze imyaka irindwi batarishyurwa ingurane z’ibyangirijwe ubwo hakorwaga imiyoboro y’amazi n’amashanyarazi.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga ahari icyo kibazo, basaba ko bakishyurwa ibyabo byangirijwe ngo kuko bahora basiragizwa.
Umwe muri aba baturage witwa M. Forodetha utuye muri Gitwa yagize ati: "Baraje batubwira ko bagiye kuduha amashanyarazi, bacukura mu masambu yacu (…)
Mu karere ka Nyamagabe hari abamotari bbatari bake bari kwishyuza imirenge n’akarere amafaranga bakoreye mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19.
Ni abamotari bavuga ko bari bafite ikiraka cyo gitwara abaganga kuri site no mu ngo bagiye gukingira icyorezo cya COVID-19, bakabikora nta mafaranga na make bagenda bahabwa mo hagati ariko basoza akazi bakabura ubishyura kandi bafitanye amasezerano yanditse n’akarere.
Abahaye RBA amakuru, bavuze ko aho bikopesheje lisansi bahindutse ba karyamyenda (…)
Kuri uyu wa Gatatu abanyeshuri basaga 60 biga mu ishuri ribanza rya Pfunda, mu mu murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu bajyanywe ku kigo nderabuzima igitaraganya, nyuma yo gufata amafunguro akabagwa nabi.
Abatetse bino biryo, bitwa Ndatimana Ernest na Dukuze Nsabimanaa, ngo nyuma yo kubona ibi biryo biguye nabi aba banyeshuri, bahise batotoka, bakaba bari bagishakishwa n’inzego z’umutekano.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yahamije aya makuru, ko hari abanyeshuri (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















