Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Abayobozi ba Ukraine batangaje ko uwigeze kuba Minisitiri w’Ingufu yatawe muri yombi mu gihe yageragezaga kuva mu gihugu.
German Galushchenko, wari warasezerewe ku mirimo ye umwaka ushize kubera kuvugwa mu byaha bya ruswa, yafatiwe muri gari ya moshi yavaga muri Ukraine. Ntiharamenyekana aho yari yerekeje.
Yari umwe mu bayobozi ba leta bakekwaho kugira uruhare mu dosiye ya ruswa ivugwamo amafaranga agera kuri miliyoni 100 z’amadolari (miliyoni 75 z’amapawundi).
Iyi dosiye yateje (…)
Abayobozi b’ibihugu bigize Umuryango wa Africa y’unze ubumwe (AU) bateraniye mu nama y’iminsi ibiri yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, bafashe umwanzuro usobanura ubucakara, iyimurwa ku gahato n’ubukoloni nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu ndetse n’Abanyafurika muri rusange.
Uyu mwanzuro watangajwe n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Mahmoud Ali Youssouf, wavuze ko ari intambwe ikomeye mu kwemera no gusobanura amateka mabi Afurika yanyuzemo. Yashimangiye ko ubukoloni bugomba gufatwa nk’icyaha (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yageze i Geneva ku Cyumweru, aho biteganyijwe ko ibiganiro hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bigomba gukomereza.
Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, ibi biganiro bizaba ku wa Kabiri bikayoborwa n’ubuhuza bwa Oman, aho icyiciro cya mbere cyabaye ku wa 6 Gashyantare. Biteganyijwe ko ibi biganiro bizibanda cyane kuri gahunda ya Iran y’ingufu za nikleyeri.
Televiziyo ya Leta ya Iran yatangaje (…)
Mbere y’uko yurira indege ye asubira muri Israel ava muri Amerika, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko amasezerano yose igihugu cye gishobora gukorana na Irani agomba kuba arimo gukumira gahunda yayo y’ibisasu bya misile n’ibikorwa byayo binyuze mu bigo by’imari iciriritse mu karere.
Nyuma yo kubonana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Netanyahu yavuze ko ibisabwa na Perezida Donald Trump bimwemerera kugera ku "masezerano meza" na Iran, mu gihe Tehran (…)
Hari abaturage bo mu karere ka Nyanza Umurenge wa Mukingo bavuga ko hari uwitwa Habimana Vincent waraye utemye abagabo babiri bo mumudugudu wa Nyamuko.
Ni abaturage bo mu karere ka Nyanza umurenge wa Mukingo akagari ka Gatagara umudugudu wa Nyamuko bavuga ko mu ijoro ryo kuri uyu wa 10 Gashyantare 2026 ahangana mu masaha y’isaayine uwitwa Habimana Vincent yabateye agasagarira uwita Claude Ndagijimana amusaba inzoga Claude amubwira ko abanza kumwishyura iyo yari yaramukopye.
Aho kugira (…)
Abantu 31 bishwe n’inkubi y’umuyaga ikaze yibasiye Madagascar, nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe gucunga ibiza kuri icyo kirwa giherereye mu Nyanja y’Abahinde.
Ibiro bishinzwe gucunga ibiza byavuze ko hari "akajagari k’indengakamere". Inzu nyinshi zasenyutse aho uwo muyaga washegeshe, habonetse imirambo.
Imidugudu myinshi yasigaye mu mwijima nyuma y’uko insinga z’amashanyarazi zacitse, ibiti byahirimye mu mihanda ndetse n’amabati y’inzu yagurukijwe n’umuyaga.
Chadadi HABIMANA
Ubutumwa bw’ingabo za ONU ziri muri DR Congo, MONUSCO, bwatangaje ko umukuru wabwo w’agateganyo yageze i Goma kuri uyu wa kane gutegura inshingano nshya za MONUSCO zo kugenzura iyubahirizwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano.
Vivian van de Perre yageze ku kibuga cy’indege cya Goma n’indege, “biraba ari intambwe ikomeye mu mikorere” y’iki kibuga cy’indege kimaze umwaka umwe gifunze, nk’uko MONUSCO ibivuga.
Vivian ni we wasimbuye Bintou Keita wari umukuru wa MONUSCO weguye mu Ukuboza(12 (…)
Amerika na Iran baragaragaza ubushake bwo kugera ku masezerano mashya ku bijyanye na gahunda ya Iran ya nuclear,nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Turukiya, Hakan Fidan.
Mu kiganiro yahaye Financial Times, Fidan yavuze ko ari intambwe nziza kuba Amerika igaragaza ko yemera ko Iran ikomeza gutunganya uranium, ariko mu bipimo no mu mbibi byumvikanyweho. Yagize ati: “Ni byiza kubona ko Abanyamerika biteguye kwihanganira itunganywa rya uranium rya Iran Aho rigarukira mu (…)
Ibiro bya Perezida wa Angola byagejeje ku butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no ku mutwe wa M23 bahanganyeho ubusabe bwo guhagarika imirwano guhera ku itariki ya 18 saa sita z’amanywa.
Iri tangazo ntiryasobanuye neza niba ari iya 18 y’uku kwezi cyangwa iy’ukwezi gutaha, ariko ibitangazamakuru byo muri Angola birimo Angola24horas byatangaje ko ari iya 18 y’uku kwezi. Angola ivuga ko iki cyifuzo cyakomotse ku nama yabereye i Luanda ku wa mbere, yahuje Perezida João (…)
Igitero cy’amasasu cyagabwe ku Ishuri ryisumbuye rya Tumbler Ridge mu Ntara muri British Columbia cyahitanye nibura abantu 10, abandi barenga 25 barakomereka, nk’uko abayobozi ba Canada babitangaje ku wa Kabiri. Polisi yatangaje ko abantu umunani, barimo n’uwakekwagaho kuba yarashe, basanzwe bapfuye muri iryo shuri. Abandi bantu babiri bapfuye basanzwe mu rugo ruri hafi aho, bikekwa ko rufitanye isano n’icyo gitero.
Polisi y’Igihugu ya Canada (RCMP) yavuze ko ukekwaho kurasa, bikekwa ko (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















