Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Irafasha Jean Bosco, utuye mu Karere ka Rubavu, ufite imyaka 19, agaragaza ko yahuye n’akarengane gakomeye, nyuma yo gukora impanuka aho avuga ko yagonzwe n’ikamyo atwaye igare agacika akaguru, hanyuma akaregwa gukomeretsa umubiri we atari k’ubushake, agakatirwa gufungwa.
Uyu musore ukiri muto, Irafasha Jean Bosco, utuye mu Mudugudu wa Bwiru, mu Kagari ka Murambi, mu Murenge wa Rubavu, mu Karere ka Rubavu, haba we ndetse na mama we umubyara basa nkaho bari mu makuba akomeye kuva mu kwezi (…)
Urupfu rwe rwemejwe ku wa Kabiri n’umuyobozi w’umutwe wa politiki abarizwamo. Saif al-Islam, wari ufite imyaka 53, yari amaze igihe kinini afatwa nk’ushobora kuzaba umusimbura wa se ku butegetsi.
Umunyamategeko we yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko yishwe n’itsinda ry’abagizi ba nabi bane bamusanze iwe mu mujyi wa Zintan, nubwo kugeza ubu hataramenyekana neza ababikoze. Gusa amakuru ku rupfu rwe aravuguruzanya, kuko mushiki we yabwiye televiziyo ya Libya ko yapfiriye hafi y’umupaka uhuza (…)
Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ari wo wagabye igitero cy’utudege tutagira abaderevu (drones) ku kibuga cy’indege cyo mu mujyi wa Kisangani, mu ntara ya Tshopo, ugamije gutanga “ubutumwa bwo kuburira” ubutegetsi bwa Kinshasa.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Corneille Nangaa, uyoboye uyu mutwe, yashinje leta ya Congo gukoresha ikibuga cy’indege cya Kisangani nk’ahantu haherwa ibitero by’indege ku duce tugenzurwa na M23, avuga ko “ubudahangarwa” bw’icyo kibuga ubu “bwarangiye”. (…)
Nyuma y’umunsi umwe Uburusiya bugabye ibitero bikomeye bya misire kuri Ukraine, biteganyijwe ko hatangira ibiganiro bishya by’amahoro bizamara iminsi ibiri mu mujyi wa Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, biyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ku wa Kabiri, Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yashinje Uburusiya ko bwahisemo inzira y’iterabwoba aho guhitamo ibiganiro, nyuma y’uko bwongeye kugaba ibitero by’ijoro bikomeye. Yasabye ko ubutegetsi bw’i Moscou bushyirwaho igitutu (…)
NIYOMURENGEZI David uri mu kigero cy’imyaka cumi n’umunani uvuga ko yakoze akazi ko gutunganya ibiribwa by’amatungo akoresheje imashini yitwa Chop machine nyuma akaza kugirira impanuka mu kazi yakoranaga n’umukire witwa Mujyarugamba avuga ko yahise yirukanwa ndetse ubu akaba abayeho nabi bikabije nk’uko twasanze aryamye ntawe wo kumuha akazi afite.
Uyu musore yagize ati ‘’Nakoraga akazi ka Mujyarugamba ndimo ndashira ubwatsi mu mashini imashini irangije imfata ukuboko ubu inzara iranyica (…)
Ni mu mujyi wa Nyagatare ahategerwa abagenzi aho twasanze umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’ubwangavu bivugwa ko yataye umwana we w’umwaka n’igice akaba yari yerekeje Kayonza.
Mu kumubaza icyabimuteye uyu mwana yahamije ko ari ababyeyi be bamushutse ngo ate umwana we. Yagize ati ‘’ ni umugabo wa mama wa mbwiye ngo ninge kumuta, ambwiraga ko batarera umwana wange ngo ntibamurera bataramubyaye ndetse mbasabye na tike barambwira ngo yaba imfuye ubusa, nge ndasaba umwana wange bakanampa tike (…)
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yatangaje ko igihugu cye cyifuza kongera kuganira n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) ku bijyanye no kwinjira mu kigega cy’Ingabo cy’umuryango w’ubumwe bw’uburayi gishinzwe umutekano kizwi nka Security Action for Europe (SAFE). Ibi yabivuze mu gihe u Burayi bukomeje gushakisha uko bwakongera ubushobozi bwo kwicungira umutekano.
Starmer yavuze ko u Burayi bugomba gufata inshingano nyinshi mu kwirindira umutekano wabwo, ashimangira ko ari (…)
Indege ya Sudan Airways itwara abagenzi yageze ku kibuga mpuzamahanga cya Khartoum ku Cyumweru, tariki ya 1 Gashyantare 2026. Iyi yabaye indege ya mbere y’ubucuruzi ihasesekaye nyuma y’imyaka hafi itatu ibikorwa byo gutwara abantu mu kirere byarahagaze kubera intambara imaze igihe iteza ibibazo bikomeye muri Sudani.
Urwo rugendo rwatangiriye mu mujyi wa Port-Soudan uherereye ku Nyanja Itukura rwerekeza i Khartoum, rwahawe uburenganzira n’Ikigo gishinzwe indege za gisivili. Iki kigo (…)
Bamwe mu bakozi b’ibigo bya Leta bitandukanye bavuga ko inzitizi zagaragaraga mu ikusanyamakuru ry’imibare zigiye kugabanuka cyane bitewe n’ubumenyi bungutse mu bijyanye n’ikoranabuhanga, by’umwihariko ubwenge buhangano (AI). Ibi biteganyijwe ko bizafasha kwihutisha ubushakashatsi no gutunganya raporo ku gihe.
Ibi babitangaje nyuma yo kumara amezi atandatu bahabwa amahugurwa ajyanye n’ikusanyamakuru ry’imibare hifashishijwe ubwenge buhangano. Aya mahugurwa yari agamije kongerera ubushobozi (…)
Lord Mandelson yasezeye mu ishyaka ry’abakozi mu bwongereza avuga ko ashaka kuririnda “gukomeza kurikoza isoni” bitewe n’ibivugwa ku mubano we na Jeffrey Epstein.
Inyandiko nshya zasohotse muri Amerika ku wa Gatanu zigaragaza ko Epstein yaba yarohereje Mandelson amadolari 75,000 mu byiciro bitatu hagati ya 2003 na 2004. Zigaragaza kandi ko mu 2009 Epstein yohereje amapawundi 10,000 kuri Reinaldo Avila da Silva, wari umukunzi wa Mandelson icyo gihe, ubu akaba ari umugabo we.
Mandelson (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















