Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Ku munsi wa Mbere w’uruzinduko rw’iminsi ibiri atangiye mu Rwanda, Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko mu mezi abiri, yaba menshi akaba atatu abona imoinduka nziza muri Congo, ku bibazo biriyo kugeza ubu.
Mu kiganiro abakuru b’ibihugu byombi bagiranye n’itangazamakuru, Perezida Ruto yagarutse ku mbaraga nyinshi zashyizwe mu kibazo cyo kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa Congo, zirimo n’ingabo z’iki gihugu ziriyo mu bufatanye n’izindi zo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Imvura idasanzwe yaguye guhera ku gicamusi cya tariki ya 03 Mata 2022 kugeza mu rukerera rwa tariki ya 04 Mata 2023 mu Ntara y’Amajyaruguru by’umwihariko mu karere ka Musanze yashegeshe bikomeye imitungo y’abaturage irimo inzu, imyaka n’amatungo.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga ahabereye ibi biza hatandukanye yasanze bamwe mu baturage barimo kurira ayo kwarika kuko yabangirije imitungo.
Bamwe muri baturage batuye mu Murenge wa Muhoza mu (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Nyabihu baravuga ko bahangayikishijwe n’indwara yitwa "Sempeshyi" bamaranye imyaka itatu ikomeje kwibasira igihingwa cy’ibirayi mu gihe ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko butaramenyeshwa iyi ndwara.
Aba bahinzi babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri imwe mu mirenge igize akarere ka Nyabihu, ariyo Bigogwe na Kabatwa, basaba ko ubuyobozi bwa RAB bwabashakira igisubizo kirambye kuri iki kibazo cyane ko (…)
Yanditswe na Umugiraneza Alice
Ababyeyi bafite abakobwa babyaye imburagihe bavuga ko bidakwiye guhohotera umwana mu gihe yagize ibyago byo kubyara ahubwo bakwiye kugira uruhare mu guhindura imyumvire ya bamwe bagiha akato umukobwa wa byariye iwabo.
Babigarutseho mu gikorwa cyahuje Ababyeyi n’abana babo babyaye imburagihe hagamijwe guhindura imyumvire ndetse no gusubiza abo bakobwa mu miryango yabo, cyane ko harimo abari baranzwe n’ababyayi ndetse n’ababateye inda.
Ni igikorwa cyateguwe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze, umurenge wa Musanze, mu kagari ka Garuka baravuga hari ikusanyirizo rito ry’amata rigiye kumara umwaka urenga ridakora.
Ni ikusanyirizo rito MCP/Garuka ryubatswe ku bufatanye n’umushinga wa Leta RDDP uteza imbere umukamo w’amata.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga ahubatse iri kusanyirizo mu murenge wa Musanze basaba ko ryakoreshwa icyo ryubakiwe , bakabona aho bajya (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Hagenimana Antoine, Umunyarwanda akaba n’umwe mu barokitse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yashyize hanze igitabo yizeye ko kizafasha Abanyarwanda n’undi uzagisoma kugira ubudaheranwa ku makuba baciyemo yaciyemo by’umwihariko ku barokotse Jenosise yakorewe Abatutsi bagifite ibikomere ku mutima.
Kuri uyu wa Kane nibwo yamuritse icyo gitabo cyanditse mu rurimi rw’igifaransa, umuhango witabiriwe n’Abanyarwanda batandukanye, barimo abo bakorana muri (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rutsiro, mu murenge wa Kivumu bacururiza mu gasantere kitwa Taransiporo baravuga ko bifuza kubakirwa isoko ryo gucururizamo bagaca ukubiri no kunyagirwa n’imvura.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Kivumu bavuga ko bamaze igihe kirekire bemerewe isoko ariko ngo amaso yaheze mu kirere.
Bavuga ko batunguwe no kubona ikibanza bari baravuze ko kizubakwami isoko barimo (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umunyobozi nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro Umutesi Solange n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa banenzwe n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame kutubahiriza ibyo yabasabye.
Byagaragaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 werurwe 2023 ubwo yasozaga itorero ry’abayobozi b’utugari bahawe izina rya ba Rushingwangerero, bari bavuye mu itorero i Nkumba aho bose bari bateraniye i Kigaki mu Intare Arena.
Umukuru w’Igihugu yagaye aba bayobozi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abaturage bo mu karere ka Rutsiro basabwe uruhare rwabo mu kwese imihigo bigendeye ku mwanya mubi akarere kabonye umwaka ushyize.
Bari bamaze gusobanurirwa uruhare rwabo mu guhigura ibyo akarere nabo bahize bakirinda kuba ntibindeba. Hari mu gitaramo cyo kwishimira ibyagezweho ndetse bahiga n’ibindi biteguye kugeraho mu mihigo y’uyu mwaka, ku nsanganyamatsiko bise ngo "Tubegere duca ingando ".
Bamwe mu baturage baganiriye na Mamaurwagasabo (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















