Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bacuruzi bo mu karere ka Musanze bacururiza mu isoko rishya ry’ibiribwa baravuga ko babangamiwe n’isuku nke igaragara muri iri soko.
Aba bacuruzi babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri iri soko rishya ryazanywe muri gare ya Musanze kubera ko aho ryahoze rikorera bagiye kuhavugurura.
Umwe muri bo witwa Modeste yagize ati: "Umunuko wa hano uratubangamiye rwose, dutaha umutwe wenda kutwica, murabona nkatwe ducuruza (…)
Yanditswe na Nyakirutimana Alfred
Umurambo w’umugabo wasanzwe mu murima uherereye mu mudugudu wa Gihungwe mu kagari ka Kigenge, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bikekwa ko yishwe na nyir’umurima.
Ni urupfu rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, ku byaraye bibaye mu ijoro.
Nyiri uyu murima avuga ko yarasanzwe aziko hari abajya baza kumwiba imyaka mu murima ahitamo kujya ajya kurara mu murima we, maze iri joro haza abantu barenze umwe bari bagamije kwiba ibishyimbo byeze, (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abakozi b’urwego rw’Igihugu rw’Umuvunyi basuye Urwibutso rw’Akarere ka Musanze rushyinguyemo inzirakarengane z’Abatutsi biciwe mu cyahoze ari cour d’Appel ya Ruhengeri mu 1994, aho bagaragarijwe bimwe mu bibazo by’ingutu bikibangamiye Abarokotse Jenoside, birimo no kuba batarasubizwa imitungo yabo.
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Musanze, Twizere Rusisiro Feston mu Ijambo rye yagaragarije Umuvunyi ibibazo bikibangamiye Abarokotse Jenoside yakorewe (…)
Yanditswe na Ntakirutimana Alfred
Mu Murenge wa Gashonga w’Akarere ka Rusizi hakomeje gushakishwa imibiri bikekwa ko ari iy’Abatutsi bishwe muri Jenoside, muri Mata 1994 kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro, hakaba hamaze kuboneka imibiri 1100.
Iki gikorwa cyatangiye tariki 23 Werurwe, 2023, ku wa Kane tariki 27 Mata 2023 cyari kigikomeje.
Ni imibiri yabonetse mu isambu ya Paruwasi ya Mibirizi kandi gushakisha biracyakomeje; iyi mibiri yose birakekwa ko ari iyabishwe mu gihe cya (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umuvuguzi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko abantu 130 aribo bamaze guhitanwa n’ibiza batewe n’imvura mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru ndetse n’Amajyepfo, mu gihe batanu baburiwe irengero naho inzu zirenga ibihumbi 5000 zirasenyuka.
Ni ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ijoro rishyira tariki ya 3 Gicurasi 2023 aho yibasiye cyane Intara y’Iburasirazuba n’Amajyaruguru. Nibwo bwa mbere mu Rwanda iyi myuzure ihitanye abantu bangana (…)
Yanditswe na Habimana Chadadi
Abacuruzi bo mu isoko rya Nyakarambi mu karere ka Kirehe barataka ubujura bubugarije bukorwa n’abana bitwa ’Marine’.
Iyo ukigera mu isoko rya Nyakarambi ku munsi isoko, kuwa kabiri no kuwa kane, uhasanga abana benshi b’inzererezi bazwi nk’abamarine bazengereje abacuruzi babiba ku manywa y’ihangu.
Umwe mu bacururiza muri iri soko witwa Uwiragiye Jeannette yabwiye Mama u Rwagasabo ko hari igihe Marine zamwibye umuzigo wari ufite agaciro ka 220,000frw. (…)
Yanditswe na Habimana Chadadi
Abatuye mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma bavuga ko ibura ry’udukingirizo ari ryo zingiro ry’ubwiyongere bw’ubwandu bw’agakoko gatera Sida.
Uwitwa ko ahagarariye abakora uburaya muri ako karere witwa Uwabyeyi uzwi nka ’Kaka’ yabwiye itangazamukuru rya mamauRwagasabo ko hari igihe umuntu ukora uburaya akorera aho (atikingiye) kuko yabuze udukingirizo
Ati: "Ubuke bw’udukingirizo nibwo butera gukorera aho, akenshi usanga ku gasima tuba dufite ipaki (…)
Yanditswe na Umugiraneza Alice
Umuyobozi w’ishyaka Green Party of Rwanda, riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza yahaye urubyiruko umukoro wo kubafasha kwigisha abaturage gukoresha ifumbire y’imborera hagamijwe kubungabunga ubuzima, hirindwa indwara zitandura nka cancer kuko imvaruganda iganisha ubuzima bw’abantu mu kaga.
Ibi yabigarutseho ubwo bari mu nana yahurije hamwe urubyiruko rusanga 50 ruhagarariye abandi mu ntara y’Amajyaruguru ndetse n’inzego (…)
Yanditswe na Samuel Mutungirehe
Imvura yaguye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu kugeza mu gitondo mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru yahitanye ubuzima bw’abarenga 115.
Hiyongereyeho kandi n’inzu zatwawe, imitungo n’amatungo by’abantu bitandukanye byatwawe n’umuvu w’iyo mvura nyinshi.
Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda yatangaje ko abagize guverinoma bagiye guhura n’abagizweho ingaruka n’ibyo biza bakabafasha mu byihutirwa.
Mu kiganiro na RBA yagize ati: (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bivuriza ku bitaro bya Gatonde mu karere ka Gakenke baravuga ko babangamiwe no kunyagirirwa ku bitaro baje kwivuza, abarwaza bo bakavuga ko n’ibitanda by’abarwayi bivirwa.
Bavuga ko ibisenge bya zimwe mu nyubako z’ibi bitaro biva bigatuma banyagirwa kandi baje kwivuza, ni mu gihe ibi bitaro bitaramara imyaka 10 byubatswe.
Ni ibitaro byuzuye mu mwaka wa 2020, bitangira gutanga serivisi kuva mu mwaka wa 2021, bivuze ko biri kumara imyaka (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















