Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abacururiza mu gasantere kazwi nko kuri "Bank" kari mu muhanda rwagati mu kagari ka Kijote mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu, bavuga ko bifuza ko bahabwa isoko ryo gucururizamo, ubuyobozi bwo buvuga ko nta gahunda bufite yo kuryubaka.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri iyi santere. Abacuruzi bavuga ko bamaze imyaka itari mike bacururiza imbere y’amaduka mu gasantere ndetse bakunze kugira impungenge z’abana (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Kuwa gatandatu tariki ya 24 Nzeri 2022, ahagana saa 8h30’ zishyira saa 9h00’ umuturage witwa Semivumbi Felicien wo karere ka Musanze, mu murenge wa Shingiro, Akagari ka Mugali , umudugudu wa Kabeza , yakomerekejwe bikomeye n’imbogo ebyiri zatorotse Pariki y’Ibirunga.
Bikimara kuba, uyu muturage yahise ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Shingiro nabo bahise bamwohereza ku bitaro bikuru bya Ruhengeri kugeza ubwo nabo babonye batabishobora kumuvura (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Hari abaturage bo mu karere ka Musanze, umurenge wa Nyange, mu Kagari ka Ninda barataka ikibazo cy’ivuriro rito (Post de Sante) rya Ninda ryafunze imiryango.
Ibi ngo bituma basigaye bakora urugendo rw’amasaha arenga abiri bagiye gushaka irindi vuriro.
Abaganiriye na Mamaurwagasabo bavuga ko bibangamiye, bagasaba ko ivuriro bagenewe ryakongera gukora.
Umwe muri aba baturage yitwa Mujawamariya Vestine yagize ati: "Dukeneye ko ivuriro rya Ninda (…)
Yanditswe na Alice Umugiraneza
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi biyemeje gutanga umusanzu mu gusobanurira abakigoreka amateka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane abazwi nk’Ibigarasha’ bakorera ku mbuga nkoranyambaga.
Babyiyemeje ubwo basozaga amasomo y’icyiciro cya kabiri hanatangizwa icyiciro cya gatatu cy’amasomo atangirwa mu Irerero rya FPR Inkotanyi.
Bavuga ko bahungukiye byinshi ku binjyanye n’amateka yaranze u Rwanda mu gihe (…)
Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Congo Felix Tshisekedi Chilombo, biyemeje ko imitwe yitwaje intwaro ya M23 na FDLR igomba guhagarara.
Babyemeranyije ku buhuza bwa perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron ubwo bahuriraga mu nama y’Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Ababibumbye, yabaye ku wa 21 Nzeri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ibiro bya Perezida w’Ubufaransa, byatangaje ko aba baperezida bombi bababajwe n’ikibazo cy’umutekeno (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Rubavu, umurenge wa Kanzenze, Akagari ka Nyirabigogo hari umuturage witwa Imanishimwe Olive usaba Leta kubona aho kurambika umusaya akava mu gisa n’inzu abamo.
Uyu mubyeyi ufite umwana umwe, inzu basanzwe babamo ishaje cyane kandi igiye kubagwa hejuru, ku buryo niyo aryamye aba areba inyenyeri mu kirere bikarushaho kuba bibi iyo imvura iguye kuko atabarwa no kwitwikira umutaka kugira ngo atanyagirwa.
Mu kiganiro n’Umunyamakuru wa (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Muhanga, umurenge wa Nyamabuye, mu gace kazwi nko mu ’Kibiligi’, baravuga ko bahangayikishijwe n’abajura bitwikira umwijima wo ku mugoroba bakabambura utwabo.
Uyu mwijima, nk’uko babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo, uterwa nuko amatara yo ku muhanda agenewe kumurika nijoro amaze amezi abiri yarapfuye.
Umwe mu bafite iki kibazo, Uwihoreye Ignace, utuye mu kagari ka Gitarama yagize ati: "Abajura baraturembeje; (…)
Uwahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ashinzwe umuco, Hon. Bamporiki Edouard yemeye kuburana yemera icyaha.
Uyu mugabo w’imyaka 39 amaze iminsi ategereje kuburana ku cyaha aakurikiranyweho cyo kwaka no kwakira indonke, cyatumye ahagarikwa mu kazi tariki ya 5 Gicurasi 2022 yirukanwa muri Guverinoma.
Bamporiki kuva icyo gihe yari afungiye mu rugo iwe aho yategetswe n’Umugenzacyaha kutarenga imbago z’urugo rwe, mu gihe hari hagikusanywa ibikemyetso ku (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda TVET Board ), Umukunzi Paul asaba urubyiruko kwiga ibikenewe ku isoko ry’umurimo ahanini bijyanye n’ikoranabunga kugira ngo bajye batanga akazi aho kugasaba.
Yabitangaje ubwo iki kigo cyari mu bukangurambaga bugamije gukomeza gushishikariza urubyiruko rurangije amashuri y’icyiciro rusange (o’ level ) kugana amasomo y’ikoranabunga ashingiye kuri Tekinoloji (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















