Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu gihe Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gisaba abacuruzi bose gukoresha inyemezabwishyu zitanzwe na EBM, hari bamwe mu bacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko bataramenya neza uburyo bwo kuyikoresha, bagasaba ko bazajya babanza guhabwa amahugurwa.
Bamwe mu baganiriye na Mamaurwagasabo basaba RRA kujya babanza kubahugura mu gukoresha EBM, ngo kuko usanga benshi bahitamo kutayikoresha bitewe no kudasobanukirwa mu buryo bwimbitse uko (…)
Habimana utuye mu karere ka Musanze, umurenge wa Nyange, mu Kagagari ka Ninda, umudugudu wa Kabara, aratabaza inzego zibishinzwe kumufasha kwishyura amafaranga y’ibitaro byamuvuye ubwo yakomeretswaga n’imbogo ikamukura amenyo.
Tariki 18 Nyakanga 2022 nibwo uyu mugabo uvuka mu muryango w’abantu bane yasagariwe n’imbogo zitorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga zimusanga ku burinzi bw’ibirayi agerageza kuzihunga ariki ziramukomeretsa zimukura urwasaya rw’amenyo.
Kuva ubwo yatangiye kwivuza (…)
Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Ngabitsinza Jean Chrysostome yatangaje ko umwuka mubi umaze igihe kitari gito hagati y’u Rwanda na Congo, ntabwo yatuma abaturage b’ibi bihugu byombi badakora akazi kabo gasanzwe kandi n’ubuhahirane burakorwa ku mahoro.
Yabitangaje mu gihe u Rwanda rwatangiye gahunda y’Ubukangurambaga mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu, bwo kumenyekanisha isoko rusange rya Afurika AfCFTA rifite ikicaro mu Rwanda.
Umunyamakuru wa (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu basaza bo mu karere ka Musanze, baravuga ko biyemeje gusiga abakecuru babo bakajya kurara izamu bya ’mbuze uko ngira’ bitewe nuko badahabwa inkunga y’ngoboka yunganira abageze mu zabukuru.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru ku nsanganyamatsiko igira iti: "Abageze mu zabukuru isoko tuvomaho".
Basaba guhabwa ubufasha buhabwa abandi kugira ngo nabo bareke kujya kurara hanze mu (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Hari abaturage bo mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu bakirarana n’amatungo mu nzu, bakavuga ko biterwa n’abajura buciye icyuho bwa nijoro.
Bamwe mu baturage baganiriye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo bavuze ko badashobora kuraza amatungo yabo hanze bitewe nuko abajura bashobora kuyiba nijoro baryamye, bityo bakaba barahisemo kuyaraza mu nzu aho barara bizeye ko nibura atekanye.
Nzayisenga Jane yagize ati: "Itungo ryanjye ntabwo nshobora (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abaturage bo mu karere ka Burera, umurenge wa Cyanika, mu kagari ka Nyagahinga, Umudugudu wa Byimana, baravuga ko babangimiwe n’umunuko uturuka mu bwiherero bwahinduwe ikimoteri cy’imyanda ivanywa mu isoko ryubatswe muri aka kagari.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga muri aka kagari ka Nyagahinga, abaturage bamubwiye ko umwanda n’umunuko uva muri ubwo bwiherero ubatera indwara zitandukanye kandi bamaze igihe basaba ubuyobozi ko bwabakiza (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Burera baratunga agatoki bagenzi babo batohereza abana ku ishuri ku gihe, bibwira ko mu ntangiro z’igihembwe abanyeshuri baba bakirimo gukora isuku.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Rugarama aho yasanze ku bigo bimwe na bimwe gutangira ishuri ubwitabire bukiri hasi.
Bavuga ko biterwa ahanini n’ababyeyi bibwira ko mu minsi ya mbere yo gutangira ishuri haba hagikorwa isuku nta (…)
Yanditswe na Habimana Bonaventure
Ihuriro ry’ Imiryango y’abafite Ubumuga mu Rwanda (NUDOR) ivuga ko imibereho y’abafite ubumuga igeze ahashimishije binyuriye mu buvugizi bugenda bukorwa hagakurwaho zimwe mu mbogamizi bahura nazo mu kugera ku burenganzira bwabo.
Gusa nubwo bimeze gutyo bamwe mu bafite ubumuga bwo kutumva bavuga ko bakibangamiwe cyane no kuba mu igazeti ya leta harimo ingingo ibaheza ku gutwara ibinyabiziga.
Babitangarije i Kigali mu biganiro byahuje inzego zitandukanye (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Mu gihe Leta y’u Rwanda yimakaje ihame (politiki) ry’Uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu, ubushakashatsi buracyagaragaza ko umugore wo mu cyaro agikora amasaha akubye gatatu ayo umugabo amara mu mirimo yo mu rugo idahemberwa.
Usibye kuba ba nyiribwite babiguhamiriza ariko binagaragazwa n’Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Action Aid Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’umurimo.
Ni ubushakashatsi bwamuritswe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Imvura idasanzwe yaraye iguye mu karere ka Musanze hagati ya saa 19h30’ na Saa 20h00’ yangije imitungo y’abaturage irimo inzu n’imyaka ikomeretsa batatu.
Abaturage baganiriye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, bavuze ko bakeneye ubufasha bwihuse kugira ngo babone aho bari bukinga umusaya, cyane ko imvura ikomeje kugwa muri aka karere.
Umwe muribo witwa Mukanoheli Chantal utuye mu murenge wa Cyuve yagize ati: "Twagiye (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















