Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abaturage batujwe muri wa mudugudu w’Icyitegerezo wa Kazirankara uherereye mu Murenge wa Shyira mu karere ka Nyabihu, Intara y’iburengerazuba, baravuga ko inzu bahawe n’umukuru w’Igihugu zimaze gusaza babura uzitaho ndetse bamwe muri bo bakaba basigaye barara banyagirwa.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yari ageze muri uyu mudugudu uherereye ahitwa muri Vunga mu kagari na Mpinga, aho bemeza ko ubuyobozi bwakomeje kubasura inshuro (…)
Amajyaruguru: Hahanzwe amaso ikibazo cy’abana 41% bafite ikibazo cy’igwingira giterwa n’imirire mibi
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu Ntara y’Amajyaruguru hakozwe inama nyungurana bitekerezo yahuje inzego zitandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye, yari igamije kureba icyakorwa ku kubibazo cy’igwingira mu bana gikomeje guteza impagarara muri iyi ntara, aho abana bagera kuri 41% bafite ikibazo cy’igwingira mu gihe 48% bafite ikibazo cy’imiswi zituruka Ku mwanda.
Baganiriye ku mpamvu ki intara y’Amajyaruguru ifite ibiribwa byose ariko ugasanga ihora ku mwanya wa mbere (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Mu kiganiro cyahuje Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane ku ruhande rw’u Rwanda, Dr. Biruta Vincent n’Umunyamabanga wa Letaz Zunze Ubumwe za Amerika Antony Blinken, u Rwanda rwavuze ko nta gitutu cy’amahanga arimo n’Amerika gishobora gushyirwa ku Rwanda ku irekurwa rya Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba ndetse runagaragaza ko nta mutwe w’inyeshyamba rwashyigikira mu bikorwa byawo ku kindi gihugu.
Minisitiri Biruta yavuze ko nubwo (…)
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ushizwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku wa Gatatu taliki ya 10 Kanama, akubutse muri Repubulika Iharanira Demokatasi ya Congo.
Yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, washimangiye ko uru ruzinduko rwitezweho gushimangira umubano w’ibihugu byombi mu nzego zinyuranye.
Yakiriwe kandi na Ambasaderi was Amerika mu (…)
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo mu karere ka Rubavu hasakaye amakuru yuko Umukozi w’Akarere na ba Gitifu 2 birukanywe ku mirimo yabo, mu birukanwe harimo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugerero bikavugwa ko yazize wa mutetsi wo ku kigo cy’ishuri wahagarariye ubuyobozi bw’akarere n’umurenge mu Kwibuka28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kambogo Ildephonse, Umuyobozi w’akarere ka Rubavu yemereye Rwandanew24 dukesha iyi nkuru ko abakozi 3 birukanwe mu kazi kubera (…)
Yanditswe na Umugiraneza Alice
Hari abaturage batuye mu murenge wa Kimonyi bavuga ko Babangamiwe n’umwuka mubi n’amasazi bituruka mu bwiherero bw’Ishuri cya G.S Kitabura kuko bahora barwaje abana babo indwara ziterwa n’umwuka mubi uturuka mu bwiherero bw’iryo shuri, babuga ko iki kibazo bakigejeje no ku nzego z’ibanze ndetse n’ubushobozi bw’ishuri ariko ntihagire icyo bagikoraho.
Ubwo twasuraga aba baturage bagaragaje impungenge baterwa n’umwuka mubi kuko usanga imiryango y’ubwiherero (…)
Yanditswe na Jean claude Ndayambaje
Abaturage bo mu Murenge wa Gashaki mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, baravuga ko bakeneye kwegerezwa isoko kuko bakigorwa no gukora urugendo rurerure rwo kujya guhahira mu tundi turere duhanye imbibi n’uyu murenge.
Umwe muri baturage twasanze muri uyu murenge wa Gashaki witwa Niragire Emile, yabwiye Mamaurwagasabo ko bagize amahirwe bakabona aho bajya bahahira hafi muri uyu murenge imibereho yabo yarushaho kugenda neza kandi bakabona aho (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abatujwe mu mudugudu w’Icyitegerezo wa Kazirankara, uherereye mu murenge wa Shyira, mu karere ka Nyabihu, mu ntara y’Iburengerazuba baravuga ko bamaze igihe kirekire bavoma umugezi wa Mukungwa na Kazirankara kuko ivomero rusange bahawe ryapfuye rikabura gisana kandi hashize igihe baramenyekanishije icyo kibazo.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu mudugudu, uri ahazwi nko muri Vunga, basaba ko Leta yabaha amazi meza (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Abagize w’inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, umutwe wa Sena, batangiye igihembwe kidasanzwe aho barimo basuzuma ishingiro ry’Umushinga w’itegeko ngenga ryerekeye imicungire y’imari ya leta, aho biteganyijwe ko inzego za leta zizajya zitegura ingengo y’imari zizakoresha nyuma yuko Inteko ishinga amategeko imaze kwemeza umushinga w’ingengo y’imari y’igihugu.
Ni umushinga uherutse kwemezwa n’umutwe w’Abadepite, uteganya impinduka nyinshi mu mikoreshereze (…)
Yanditswe na Alice Umugiraneza
Ubwo hizihizwaga umunsi w’Umuganura, mu karere ka Musanze mu murenge wa Kimonyi abaturage biyemeje gukomeza gushyira imbaraga mu guhinga kijyambere kugira ngo bongere umusaruro ukomoka ku buhinzi, ibyo bikazabafasha kwishimira ibyo bagezeho mu kindi gihe nk’iki cy’umuganura.
Ubwo bari bamaze kuganura ku musaruro, abatuye Kimonyi mu kanyamuneza kenshi, babwiye mamaurwagasabo.rw ko bashima cyane ubuyobozi bwiza kuko aribwo soko y’ibyo bagezeho byose birimo (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















