Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Gitega, Akagali ka Gacyamo, yafashe abajura ruharwa batatu bibaga abaturage babateze bakabatera ibyuma dore bafatanywe ibyuma bakoreshaga.
Abafashwe ni:
1. Sebanani Emmanuel (yafatanywe icyuma)
2. Musabyeyezu Dieu Donner Alias Myabugogo uyu akaba yari umujura ruharwa
3. Nsanzumuhire Daniel akaba yafatiwe mu gipangu cy’umuturage yagiye kumwiba yafatanywe icyuma.
Aba si ubujura gusa bakoraga kuko harimo ni ibikorwa by’ubugizi bwa (…)
Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (ICE) rwatangaje ko rwafashe Dieudonné Ishimwe, wari warahunze ubutabera bw’u Rwanda kubera icyaha cyo gufata ku ngufu.
Yafatiwe mu Mujyi wa Fort Worth, muri Texas, ku wa 3 Werurwe 2025.
Ishimwe Diedonne, w’imyaka 38, wamenyekanye nka PrinceKid, azwi nk’umunyarwanda wamaze igihe ategura amarushanwa ya Nyampinga w’u Rwanda, Miss Rwanda abinyujije mu kigo cye Inspiration BackUp.
Yakatiwe n’urukiko rukuru wa Kigali (…)
Ubutegetsi bwa DRCONGO bwashyizeho miliyoni 5 z’amadolari y’amerika ku muntu uzafata cyangwa agata muri yombi abayobozi bakuru ba AFC/M23 barongojwe imbere na Corneille Nagaa, umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Gen Makenga na Perezida wa M23 Bertrand Bisimwa.
Ni itangazo rya Minisitiri w’Ubutabera wa Congo, Constant Mutamba, ryasinywe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Werurwe 2025.
Iri tangazo kandi rinateganya igihembo cya miliyoni 4 z’amadolari y’amerika ku muntu uzatanga amakuru ku byitso (…)
Hari abaturage batuye mu Murenge wa Rubavu, bavuga ko mu 2001 Leta yafashe amasambu yabo yubakamo ikibuga cy’umupira ahandi yubakamo urugomero rw’amashanyarazi nta ngurane bahawe kugeza magingo aya, akarere kakavuga ko izo sambu atari izabo.
Ni kibazo gisangiwe nk’abaturage bagera kuri 12, ariko ngo hari abandi bahawe ingurane ahubatswe ibiro by’Akagari ka Murambi, hegeranye n’ahashyizwe uru urugomera rw’amashanyarazi.
Uwamariya Josephine ni umwe muri bano baturage bagaragaza ko bakomeje (…)
Amakuru aturuka mu mugi wa Butembo wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko abantu hafi icumi bapfuye mu mishyamirano yadutse hagati y’imitwe ibiri y’abarwanyi ba Wazalendo.
Uko gushyamirana, RFI yatangaje ko kwabaye tariki ya 3 Werurwe 2025, kukaba kwamaze amasaha atari make mu duce twa Kimemi muri uwo mugi.
Umuvugizi w’igisirikare cya DRC muri ako gace yabwiye iki kinyamakuru ko bitumvikana ukuntu abantu umukuru w’igihugu yise intwari zitanga ngo congo itsinde urugamba ari bo (…)
Umusaza Mucumbitsi Paul, utuye mu Kagari ka Base ho mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, avuga ko yanyazwe isambu ye ibarizwa mu Kagari ka Bulinda, mu Murenge wa Rubavu, n’ubuyobozi muri kano Karere nyuma yo kwanga gutanga ruswa ngo ayihabwe.
Iki kibazo cye avuga ko yakigeje ku nzego zitandukanye kugera ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, gusa na nubu nta muyobozi muri iyi ntara uragira ubushake bwo kumuzubiza uburenganzira bwe.
Muzehe Mucumbitsi anavuga ko uwari Guverineri (…)
Mu kwezi kwa Gatanu umwaka wa 2023 abagera kuri 135 bahitanywe n’ibiza byakomotse ku mvura yaguye yuzuza yangiza byinshi mu turere twa Ngororero, Rubavu, Nyabihu, Rutsiro na Karongi, tw’intara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda, byumwihariko abari baturiye umugezi wa Sebeya mu karere ka Rubavu.
Kuva ubwo guverinoma yatangiye gahunda yo kwita ku barokotse ibyo biza ndetse itasaba abaturiye uyu mugezi aho ugeza amazi kuhimuka kugira ngo batangire bashake igisubizo kirambye ku buryo uyu mugezi (…)
Leta ya Canada yatangaje ko yafatiye u Rwanda ibihano byo mu rwego rw’ubukungu na politike irushinja ko ingabo zarwo zirimo gufasha umutwe wa M23 muri DR Congo, ibinti yasobanuye ko ko bigize "guhonyora ubusugire" bw’ikindi gihugu.
Mu itangazo, abategetsi ba Canada bavuze ko icyo gihugu cyamaganye "ubwicanyi bukomeye mu burasirazuba bwa RDC", bavugamo ibirego byo gutera abasivile, impunzi, ingabo za ONU n’iz’akarere, hamwe "n’ubwicanyi mu kivunge no gushimuta".
Canada ivuga ko (…)
Amakuru aturuka i Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo aravuga ko abasirikare ba M23 babyutse bakozanyaho n’abarwanyi ba Wazalendo mu bice bya Karhale, by’uyu mugi mukuru muri iyi ntara.
Abarwanyi b’ingabo zihuje za DRC, Wazalendo baje baturuka mu misozi wa Karhale/Camp TV, bamaunka muri ibyo bice bya komine Kadutu ahaje kubera imirwano itoroshye hamwe n’abasirikare ba M23 ahitegeye antene ya televizoyo ya Camp Tv.
Ikinyamakuru Actualite CD cyanditse ko umuturage wagihaye amakuru yavuzeko ’hari (…)
Kuri uyu wa Gatandatu igisirikare cy’u Rwanda cyakiriye abarwanyi ba FDLR barimo Gen Gakwerere na Major Ndayambaje n’aband, bose bagera kuri 14 bafatiwe i Goma na M23 mu mirwano iherutse kubera i Goma.
Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu, aho banyujijwe ku mupaka munini wa Grande Barierre uzwi nka la Corniche, bakirwa n’igisirikare cy’u Rwanda RDF.
Ku ruhande rw’u Rwanda, Col Mwesigye wabakiriye yemeje ko abasirikare binjiye mu Rwanda ari 14, barimo Brig Gen Gakwerere na Maj (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















