Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Nyuma yo kubona umwanzuro wa Guverinoma y’u Rwanda, yahaye amasaha 48 abadipolomate b’u Rwanda, Ububiligi bwahise busubiza aho ikigiye gukurikira.
Icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda gica umubano n’Ububiligi mu bya dipolomasi cyasihotse mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa mbere, tariki ya 17 Werurwe 2025.
Nyuma y’amasaha make itangazo rishyizwe ku karubanda, Maxime PREVOT, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’Ububiligi, yahise aza gusubiza.
Ni igisubizo yacishije ku rukuta rwe rwa X, (…)
Nyuma yo kubyigana ubushishozi, Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bya dipolomasi, inategeka Abadipolomate b’iki gihugu kuba bavuye ku butaka bwabwo mu gihe kitarenze amasaha 48.
Ni umwanzuro Guverinoma y’u Rwanda yafashe kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe, ndetse ugomba gushyirwa mu bikorwa ako kanya. U Rwanda ruvuga ko rwawufashe nyuma yo kubyigana ubushishozi mu ngeri zose, bitewe n’imyitwarire yabwo ya gikoloni.
Ku munsi w’ejo mu (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwitabiriye inama ihuza Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bo muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC).
Ni inama yiga ku buryo intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yahagarara hadakomeje imbaraga z’intambara.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, (…)
Ihuriro rya Aliance Fleuve Congo (AFC/M23) yatangaje ko kuri uyu wa mbere, tariki ya 17 Werurwe 2025, yohereje itsinda ry’abantu batanu i Luanda, muri Angola mu biganiro n’abahagarariye Leta ya DRC.
Iri huriro ryaboneyeho gushimira Perezida, João Lourenço, wa Angola, ku bw’imbaraga ashyira mu gukemura amakimbirane akomeje kubera muri RDC.
Mu minsi ishize umwe mu bayobozi ba AFC/M23 yavuze ko isaba umuhuza Joao Lorenzo ko ubutaha yajya atumira AFC/M23 aho gutumira M23 gusa.
Umutwe w’ingabo kabuhariwe zizwi nka "Special Operations Force" wahawe umuyobozi mushya, Brig. Gen. Stanislas Gashugi,
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Col. Stanislas Gashugi, amuha ipeti rya Brig. Gen ndetse ahita amuha kuyobora Umutwe w’Ingabo Udasanzwe (Special Operations Force).
Byaturutse mu itanagzo ryasohowe kuri uyu wa 15 Werurwe 2025 na Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda, rivuga kuri izi mpinduka.
Uyu Muyobozi, yaje asimbura (…)
Pasteur Shyirambere Theogene, na mushiki we Mukamuratwa Eveline bavuga ko batemewe ibiti 38 bya Kawa ku itongo ry’isambu y’ababyeyi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibikorwa bafata nko gupfobya Jenoside bakurikije ibindi byagiye biba ku muryango wabo.
Ni ibikorwa byabereye mu Mudugudu wa Bujanga mu Kagari ka Kigoya mu Murenge wa Kanjongo ho mu karere ka Nyamasheke, bagasaba ko bahabwa ubutabera no kwigisha abagifite ingengabitekerezo nk’iyo kuyireka.
Pasteur Shyirambere (…)
Mu mujyi wa Rubavu, haracyagaragara abanyonzi batwara amagare bakigenda bafashe ku makamyo iyo ari kuzamuka, ibi bikorwa bibujijwe cyane ko bishobora guteza impanuka, bigashyira ubuzima mu kaga cyane ku babikora.
Ku bakibikora, hari impamvu zitandukanye zitangwa n’abanyonzi ubwabo, birimo nko gushaka kwihuta.
Iradukunda Danny na Ndagijimana, basanzwe bakorera akazi k’ubunyonzi mu mu Karere ka Rubavu, twabegereye batubwira kuri kino kibazo bahora babuzwa na polisi ishami ry’umutekano wo (…)
U Rwanda rumaze iminsi rufatirwa ibyemezo n’ibihugu byo ku mugabane w’u Burayi, birushinja gutera inkunga umutwe wa M23 no kugira ingabo ku butaka bwa Congo, ibirego u Rwanda rutahwemye guhakana.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragarije ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ko u Rwanda rutazemera kwikorera imitwaro ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Yabigarutseho ku wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025, mu biganiro yagiranye (…)
Hari bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, bavuga ko hari abagabo bahohoterwa n’abagore bashakanye bakanga kubivuga kubera impamvu zitandukanye harimo no kugira isoni.
Ni mugihe muri uyu Murenge wa Bugeshi, icyakora bavuga ko ibibazo by’ihohoterwa mu ngo muri rusange byagabanutse, ndetse bagenda basobakukirwa na gahunda y’uburinganire muri rusange.
Umwe muri bo yagize ati: "Ariko ni twebwe dusigaye dukubitwa mu mayeri. Ugasanga yigize [umugore] intakoreka, (…)
Ku nshuro ya kabiri ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro CEPEM riherereye mu murenge wa Rugarama w’Akarere ka Burera ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 128 barirangijemo basabwa kuzashyira mu ngiro amasomo bize arimo amahoteli n’ubukerarugendo.
Ni umuhango wabereye ku cyicaro cy’iri shuri riherereye mu murenge Rugarama ho mu karere ka Burera.
Umwe mu banyeshuri wahize abandi MUNEZERO Musaiba, umunyeshuri w’umukobwa yavuze ko gushyira umutima kubyo wiga ukabiha agaciro arirwo (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















