Minisitiri w’ingabo wa Espagne Margarita Robles yavuze ko icyo gihugu cyafunze ikirere cyacyo ku ndege z’Amerika zirimo kugaba ibitero kuri Iran.
Yagize ati: “Ntituzemera ikoreshwa rya Morón na Rota [ibigo bya gisirikare] ku bikorwa ibyo ari byo byose bijyanye n’intambara muri Irani.”
Yongeyeho ko Espagne “ibi yabisobanuriye neza leta y’Amerika guhera mu ntangiriro”.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Espagne José Manuel Albares yavuze ko intego y’iki cyemezo ari “ukudakora ikintu na (…)
Nyuma yo gufata Umujyi wa Goma, ukaba n’umujyi Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ibigo by’imari n’amabanki yari muri uwo mugi byahise bifunga imiryango, abaturage bari bafitemo amafaranga babura uwo babaza kugeza magingo aya.
LA CAISSE GÉNÉRALE D’ÉPARGNE DU CONGO (« CADECO » SARL), Ni ikigo cy’Imari uyu mutwe washyizeho, mu rwego rwokorohereza abaturage mu gukoresha neza imitungo yabo no kubafasha kubona inguzanyo zizabafasha mu gushora imari no gukomeza gukora ubucuruzi. (…)
Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yatangaje ko umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwe nutera i Bujumbura uturutse muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nawe azahita atera i Kigali mu Rwanda.
Yabitangaje mu kiganiro yahaye igitangazamakuru cy’Abongereza BBC, avuga ko yasanze u rwanda rufite umugambi wo gutera Bujumbura.
Perezida Evariste Ndayishimiye yatangaje ko umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwe nutera i Bujumbura uturutse muri (…)
Perezida Paul Kagame yavuze icyo abona cyahagarika ibibazo biri muri DRCongo mu buryo bwa burundu.
Yabigangaje mu nama yahuje abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC) ku wa 24 Werurwe 2025, hifashishijwe ikoranabuhanga.
Ni inama yari igamije kwemeza imyanzuro yafashwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’ab’ingabo bo muri iyi miryango, irebana no kugarura amahoro n’umutekano birambye mu Burasirazuba bwa RDC.
Mu magambo ye (…)
Inama yaraye ihuje Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’iy’Amajyepfo (SADC) kuri video Conference, yavuguruye urutonde rw’abahuza mu kibazo cya Repubulika ya Dekomarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda, bava kuri batatu ba mbere bagera kuri batanu ndetse bavamo umwe.
Abahuza bemejwe ni Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Kgalema Motlanthe wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo, Catherine Samba Panza wayoboye Centrafrique na (…)
Nyuma y’imyaka igeze kuri itatu Angola, binyuze mu mukuru wayo, Perezida Joao Lorenzo ahawe inshingano zo guhuza Perezida Kagame w’u Rwanda na Tshisekedi wa RDC, kuri ubu iki ighugu cyatangaje ko kivuye muri uwo murimo.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Werurwe, Leta ya Angola yatangaje ko yaretse inshingano yari imaze igihe ifite zo kuba umuhuza mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni amakuru yemejwe na Perezidansi ya Angola, mu butumwa (…)
Abaturage bafite inzu z’ubucuruzi mu Isanteri ya Cyome, ihererere mu Mudugudu wa Nyakageze, mu Kagari ka Cyome, ho mu Murenge wa Gatumba ho mu Karere ka Ngorororero, baragaragaza akababaro bafite, nyuma yuko batuweho icyemezo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngorororero mu minsi ishize, cyo kuva mu nzu zabo nta ngurane bahawe, nta naho berekejwe gukorera hiswe mu manegeka.
Mu bihangayikishije cyane aba baturage birimo n’abagaragaza ko bari barasabye amafaranga y’inguzanyanyo mu mabanki, nyuma yo (…)
Umuvugizi w’Ihuriro AFC/M23 Lawrence Kanyuka yatangaje ko ingabo za Guverinoma ya Congo zatangiye kwica amasezerano bari bagiranye yo kutongera kubatera.
Ni agahenge ubundi kari katanzwe na FARDC nyuma yuko ibonye ko AFC/M23 ivuze ikanashyira mu bikorwa ko irekuye agace ka Walikale yari yafashe, impande zombi zigasobanura ko ari umusaruro wavuye mu biganiro bya Perezida Tshisekedi na Kagame imbere ya Emir wa Qatar.
Umuvugizi wa M23 amaze kubwira imiryango y’imbere mu gihugu n’umuryango (…)
Abakuru b’ibihugu bigize imiryango ibiri, uwa Afurika y’iburasirazuba EAC n’uwa Afurika y’Amajyepfo SADC bagiye kongera guhurira mu nama, baganira ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC).
Ni inama iza kuba hifashishijwe ikoranabuhanga, aho buri mukuru w’igihugu aza kuba ari imbere y’inyakiramashusho, baganira ku ngingo zitandukanye z’inama y’umunsi. Inama ya SADC na EAC ishobora kugaruka ku musaruro w’ibyavuye mu nama yahuje Perezida Tshisekedi (…)
Nyuma y’inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha muri Qatar imbere y’umwami w’iki gihugu, hari impinduka zitangiye kwigaragaza mu gutanga agahenge ku bakongomani bari mu Burasirazuba bwa Congo n’akarere muri rusange.
Ku ikubitiro, hasohotse itangazo rya M23 rivuga ko yikuye mu gace ka Walikale yari imaze kugeramo.
Icyo cyemezo cyaje gushimangirwa n’itangazo ry’Ingabo za Leta ya Congo FARDC, zivuga ko zitazongera kurwanya M23/AFC.
Umuvugizi w’igisirikare cya Congo, FARDC yavuze (…)
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yishimiye icyemezo cy’umutwe wa M23 cyo kuva mu Mujyi wa Walikale wo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, inashiira Leta ya RDC yavuze ko ibikorwa by’Ingabo zayo, FARDC na Wazalendo bigiye guhagarara muri ako gace.
Mu minsi ishize Ingabo za M23 zari zimaze kwigaragaza mu mujyi wa Walikale, bigaragara ko iyi Teritwari izwiho ikirombo cya mbere ku isi mu mabuye acukurwa na Canada irimo kuva mu maboko ya Leta ya Kinshasa.
Kuva M23 yagera i Walikale, byateye (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















