Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Abaturage bo mu mirenge ya Bweyeye na Butare yo mu karere ka Rusizi bavuga ko gutora FPR Inkotanyi n’Umukandida wayo Paul Kagame ari ugushimangira ko batakiri ab’inyuma y’ishyamba nkuko ubutegetsi bwabanje bwabafataga.
Aba baturage bisanze inyuma y’ishyamba, cyera bari basanzwe bazwiho ko babangamiraga urusobe rw’ibinyabuzima byo mu ishyamba rya Nyungwe, bavuga ko kuri ubu FPR Inkotanyi na Kagame babakuye mu bwigunge.
Ibi babigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nyakanga 2024 ubwo (…)
Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Dr Frank Habineza yavuze ko Meya adakwiye kuba ahagariye umutwe wa politiki runaka mu karere ayobora.
Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku gicamusi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 11 Nyakanga 2024. Ni ikiganiro ahanini cyibanze ku migendekere y’ibikorwa bye byo kwiyamamaza.
Uyu mukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu yabanje kuvuga ko usibye akarere ka Rulindo na Ngoma batigeze bakira neza iri shyaka rya (…)
Umukandida ku mwanya w’Umukuru w’igihugu Hon Dr Frank Habineza yemereye abaturage bo mu karere ka Gicumbi ko nibatora Ishyaka Green Party ikibazo cy’ingurane zimara imyaka myinshi zibasiragiza kizarangira bakajya bishyurwa vuba.
Uyu mukandida yabitangaje kuri uyu wa Gatatu taliki ya 10 Nyakanga 2024 aho yari yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza ageza imigabo n’imigambi ku barwanashyaka ba Green Party.
Dr Frank Habineza yagize ati:"Nzi yuko inaha muri Gicumbi mufite ibibazo byinshi (…)
Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko u Rwanda rutazasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye muri gahunda yo kohereza abimukira binjira muri icyo gihugu binyuranyije n’amategeko.
Iyi gahunda ishingiye ku masezerano y’ubufatanye mu gukemura ibibazo by’abimukira no mu iterambere ry’ubukungu yashyizweho umukono bwa mbere muri Mata 2022, avugururwa mu Ukuboza 2023.
Kuva Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza mushya Keir Steamer yagera ku butegetsi, yahise atangaza ko iyo gahunda ya Rishi Sunak (…)
Kandida Perezida Hon Dr Frank yasezeranyije abaturage bo mu karere ka Muhanga ko azateza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nibatora Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije (Green Party).
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Nyakanga 2024 umukandida w’ishyaka rya Green Party arikumwe n’abakandida Depite nibwo bakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Muhanga aho mu migabo n’imigambi yabijeje ko azateza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro acukurwa mu murenge wa (…)
Bamwe mu baturage bo mu tugari twa Buhaza na Rukoko mu murenge wa Rubavu barinubira kuba babona amazi rimwe na rimwe, ibintu bavuga ko bibangamira iterambere ryabo, ubuyobozi bwaka karere bwo buvuga ko bari gutegura gahunda yo gusaranganya amazi mu buryo bungana mu gihe hagitegurwa uburyo bwo kuyongera.
Dusengimana Jean Damascene utuye mu Murenge wa Rubavu, mu kagari ka Rukoko, mu mudugudu wa Isangano, avuga ko mu mudugudu batuyemo amavomo ahari atajya atanga amazi, bityo bagomba kujya (…)
Mu banyeshuri 202,999 batangiye gukora ibizamini bisoza amashuri abanza mu gihugu hose, abagera kur 569 ni abafite ubumuga bwo mu buryo butandukanye mu gihe abafite ubumuga bazakora no mu bindi byiciro by’amashuri ari 1203.
Ni ibizamini bya Leta byatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki ya 8 Nyakanga 2024 bisoza umwaka w’amashuri wa 2023/24.
Ku rwunge rw’amashuri rwa GS Gisozi mu Murenge wa Gisozi mu karere ka Gasabo hatangirijwe ibyo bizamini ku rwego rw’igihugu, hakoreye (…)
Ubwo yari atangiye kwiyamamaza nk’umukandida Depite w’Umuryango FPR inkotanyi, Nkuranga Egide, akaba umwe muri 80 batanzwe n’umuryango, yabwiye urubyiruko ko nibatora umukandida Paul Kagame n’urutonde rwa FPR inkotanyi bazafashwa kwivana mu bukene bagatangira gukirigita ifaranga.
Ni igikorwa cyabereye mu murenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro, kuri iki cyumweru tariki ya 7 Nyakanga 2024 hafi n’aho uyu murenge uhurira n’uwa Nyarugunga.
Yagize ati: "Rubyiruko, ngira ngo ejobundi ku (…)
Ubwo yageraja mu Murenge wa Juru anyuze Nyamata akavumbi k’iyi mpeshyi kabarenze, Kandida Perezida Hon Dr Frank Habineza wa Green Party yasezeranyije abaturage bo mu karere ka Bugesera ko nibaramuka bateye igikumwe ku Nyoni ya Kagoma uyu muhanda uzashyirwamo kaburimbo.
Dr Habineza yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Nyakanga 2024 aho yari yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu murenge wa Juru w’Akarere ka Bugesera, asanga abaturage baje kumwakira ari benshi cyane.
Yagize ati: (…)
Kuri iki cyumweru nibwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane (MINAFET) w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yatangaje ko yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, baganira ku buryo habyutswa ibiganiro ku bikubiye mu masezerano ya Angola n’aya Nairobi .
Ni ibiganiro byahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gracia Yamba (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















