Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Diane Shima Rwigara, umukobwa wa Rwigara Assinapol, wabaye umwe mu batunze amafaranga atari make mu Rwanda, yageze kuri Komisiyo y’amatora aje gutanga imikono isabwa kugira ngo yemererwe kuziyamamariza kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu matora ateganyijwe tariki ya 15/07/2024.
Ku isaha ya Saa tanu nibwo yari ategerejwe kuri NEC ariko yahageze saa sita zirengaho iminota mike, ikintu yabanje gusabira imbabazi itangazamakuru ryari rimutegereje ku bwinshi. Uko yururutse imodoka yajemo (…)
Mu minsi ishize abanyamakuru biganjemo abo ku mugabane w’UBurayi barenga 50 bishyize hamwe mu mugambi mubisha bise ‘Forbidden Stories’, bateguza Isi ko nagiye kurekura ibyegeranyo birimo inkuru zigamije kwambika ubusa ubutegetsi bw’u Rwanda buyobowe na Perezida Paul Kagame.
U Rwanda ntirwabirebereye, rwahise rubwira abaturage barwo n’Isi muri rusange ko ntagitangaje ku migirire nk’iyo, atari mishya cyane ko abafite uwo mugambo bazwi ndetse bafite n’aho bahuriye n’amateka mabi u Rwanda (…)
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Musanze basabwe kwirinda gukoresha imbuto batazi aho yatuburiwe hizewe, bakajya babanza gushishoza neza.
Babisabwe ubwo abayobora ikigega SPF bafatanyije n’ubwishingizi bwa banki ya Kigali, BK insurance, bari mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro gahunda yo kugeza ku bahinzi imbuto y’ibirayi ifite ubwishingizi bw’ibihingwa, bwiswe "Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi", bukaba uburyo buje gukuraho igihombo umuhinzi yahuraga nacyo.
Bamwe mu bahinzi (…)
Hari utugari two mu mireye ya Rwaza na Gataraga yo mu karere ka Musanze tugiye kumara imyana ine nta banyamabanga nshingwabikorwa (ES) bazwi nka GITIFU bafite, bikaba bidindiza imitangire myiza ya serivisi.
Utwo ni utugari twa Bumara ko mu murenge wa Rwaza n’akagari ka Mudakama ko mu murenge wa Gataraga.
Bamwe mu batuye muri utwo tugari baganiye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo bavuze ko bifuza ko ubuyobozi bwabashakira abayobozi ngo kuko basiragira ku kagari bakabura ubaha serivisi. (…)
Ubugenzacyaha bw’u Rwanda bwataye muri yombi uwitwa Vital Gasagure usanzwe ushinzwe ibikorwa remezo mu Karere ka Kirehe bumukurikiranyeho ruswa ya Frw 500,000 yatse umushoramari we na mugenzi we muyo bashakaga kumwaka.
Yafunganywe n’uwo RIB yita icyitso witwa Sindikubwabo Evariste.
N’ubwo bafashwe bashinjwa ruswa ingana gutyo, mu by’ukuri bashakaga miliyoni Frw 21,000,000 Frw bakaga rwiyemezamirimo kugira ngo bamuhe isoko.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangiza B. Thierry yabwiye (…)
Abatuye mu midugudu igera kuri 20 yiganjemo iyo mu Kagari ka Kiraga mu murenge wa Nyamyumba ho mu karere ka Rubavu babayeho mu buzima bugoye kuko nta mazi meza yo kunywa bagira.
Bavuga ko bibatera indwara zituruka ku mazi mabi bakoresha bakanayanywa.
Ubuyobozi nabwo bwemeza ko iyo midugudu 20 muri 48 igize uyu murenge nta mazi meza igira.
Sindikubwabo Theodore, ni umwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Burushya, yavuze ko hari amasoko akoreshwa adatunganyijwe, imwe muri uyu mudugudu (…)
Mu mudugudu wa Mutuzo, Akagari ka Kibuguzo umurenge wa Shingiro ho mu karere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umuturage witwa Nyirabirori Therese w’imyaka 76 y’amavuko wiyahuye akoreshe umuti witwa Kiyoda ahasiga ubuzima.
Aya makuru yamenyekanye ku cyumweru tariki ya 26 Gicurasi 2024 ahagana saa 10h00’ akimara kunywa uwo muti wica udukoko abantu bahita bihutira kumugeraho, bamujyana ku kigo nderabuzima cya Shingiro, akimara kugerayo yahise ashyiramo umwuka.
Impamvu ikekwa ni uko yari (…)
Abaturage bo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu baravuga ko umuhanda wa kaburimbo ubahuza n’akarere ka Ngororero ugeze mu marembera bitewe nuko ukomeje kwangirika ubuyobozi burebera.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Rambura aho yasanze igice kimwe cy’uyu muhanda kigenda kirindimuka umunsi ku munsi.
Umwe muri aba baturage witwa Bikorimana Alphonse yagize ati: "Ubuyobozi budufashije bwakora uyu muhanda kuko umunsi wacitse burundu ubuhahirane (…)
Imibiri y’abantu 32 bambaye impuzankano y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, yabonywe mu Ishyamba rya Kibira ryo mu Burundi, ku gice gikora kuri Komini ya Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke.
Iyi mibiri bivugwa ko yabonywe n’abarinzi b’iri shyamba mu bihe bitandukanye bitarenze ukwezi, icyakora ubutegetsi bw’u Burundi ntibwigeze buhakana cyangwa ngo bwemeze ayo makuru nk’uko SOS Media Burundi ibitangaza.
Iyi mirambo 32 yabonywe n’aba barinzi ku misozi ibiri (…)
Amatora y’Abagize Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) abaye kuri iki Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024, yasize Sheikh Sindayigaya Mussa abaye Mufti w’u Rwanda, asimbuye Sheikh Salim Hitimana wari umaze imyaka umunani ku butegetsi.
Ni amatora yabanjirijwe n’amakuru arimo za bombori-bombori, amatiku no gutabariza Umuryango wa RMC kuri bamwe, wakurikirana ukumvamo gupfa imitungo n’amafaranga nk’amwe yaguze umwana w’umuntu.
Bijya gutangira gucikamo ibice, amatora yari ateganyijwe muri (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















