Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ku itariki 09 Mutamara 2025, mu Murenge wa Rugerero, muri parking y’amakamyo, ikamyo yari ipakiye umuceri iwuvanye i Mombasa muri Kenya yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Iyi kamyo yahiye mu buryo bigaragara ko bukomeye, ndetse n’umwotsi mwinshi ucumba uzamuka hejuru.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero Uwajeneza Jeannette, yabwiye Mama Urwagasabo Ngo iyi mpanuka yatewe no gushyuha kw’amapine yayo, nkuko bikubiye mu butumwa bugufi yoherereje (…)
Amazi aturuka mu bikorwa byo kubaka umuhanda Mushubati - Koko - Nkomero mu karere ka Rutsiro yinjira mu nzu y’umuryango wa Nyirimanzi wo m umurenge wa Musasa mu kagari ka Nyarubuye akaba agiye kwangiza inzu ye abamo n’umuryango.
Ni inzu iherereye mu mudugudu wa Rebero mu kagari ka Nyarubuye, aho abari muri izo nzu bavuga ko kubera ubwinshi bw’ayo mazi bwatumye bigira inama yo kuyitobora kugira ngo ayo mazi ajye abona aho aca atarinze kuyisenya yose. Uyu musaza w’imyaka 72 avuga ko inzu ye (…)
Hari bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze bavuga bahangayikishijwe n’abantu bihagarika aho babonye hose, mu bikita by’inyubako z’umugi bigateza umwanda.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo TV ubwo yagerega mu mujyi wa Musanze aho yasanze hari abatajya kwihagarika mu bwiherero bwagenywe ahubwo bagahitamo kwikinga ku bikuta. Urugero rw’ahantu abaturage bakunze kwihagarika bigateza umwanda cyane ni ku nkuta z’isoko rya Musanze, riherereye muri Gale y’imodoka. (…)
Bamwe mu rubyiruko bahoze mu kigo ngorora muco Iwawa baravuga ko ibikoresho bemerewe byo kubafasha gushyira mu bikorwa imyuga bize muri iki kigo batigeze babibona.
Uru rubyiruko rwabitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo TV ubwo yagerega mu mujyi wa Musanze aho basaba ko bahabwa ibikoresho bakabyaza umusaruro amasomo bize.
Umwe muri bo witwa Valante yagize ati"Nagiye Iwawa niga imyuga nkubu nkanjye nize ubwubatsi ariko usibye iycemezo ko nabyize ,ntakindi baduhaye ,Tugiye gutaha (…)
Umuhungu wa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF yatanagje ko ashaka guca umutwe Bobi Wine, umunyaporitike atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Se.
Mu butumwa yanditse ku mugoroba w’ejo ku cyumweru ku rubuga X rwahoze ari Twitter, Kainerugaba yavuze ko Se uyoboye Uganda kuva mu 1986 ariwe muntu wenyine, akingiye Bobi Wine kugira ngo ntamuce umutwe.
Kainerugaba akunze kwandika amajambo ateza impaka ku mbuga nkoranyambaga, harimo ibyo yigeze kwandika (…)
Guverinoma y’u Rwanda igiye gukoresha imiti mishya mu guhangana na Malaria imaze iminsi igaragara mu buryo budasanzwe mu bice bitandukanye by’igihugu.
Ni icyemezo cyatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC nyuma yuko bigiye bigaragara ko imiti isanzwe ikoreshwa mu kuvura Malaria itagifite ubukana ku ndwara ku kigero gisanzwe.
RBC yatangaje ko impamvu y’iyo miti mishya ari uko iyari isanzwe itari iri guhangana na Malaria mu buryo bwifuzwa bitewe n’uko iyo ndwara yari imaze kuyimenyera. (…)
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko hakiri abagabo bahohoterwa n’abagore bashakanye, bikagera naho babakubita, ariko ntibajye kubarega bitewe n’impamvu zirimo kugira ikimwaro cyo kujya kurega ngo bakubiswe n’abagore.
Nikuze Christine, utuye mu Mudugu wa Rukundo, mu Kagari ka Kageyo, mu Murenge wa Mukura, asanga imwe mu mpamvu itera abagabo kutarega mu gihe bakubiswe n’abagore bashakanye ari uko bagira ipfunwe ryo kujya kurega mu gihe bahohotewe n’abagore babo.
Yagize (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Nkotsi, w’Akarere ka Musanze bashimira Perezida Kagame wabahaye ishuri ry’imyuga, bakishimira ko ryakemuye ikibazo cy’urubyiruko rwahoraga rutobora inzu zabo kubera kutagira icyo bakora.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo TV ubwo yageraga muri uyu Murenge wa Nkotsi ahubatse iri shuri ry’imyuga ryegerejwe abaturage kugira ngo bihangire imirimo.
Nzaramba Enock yagize ati: "Iri shuri ridufatiye runini kubera ko mbere wasangaga urubyiruko (…)
Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda, Mugisha Benjamin, uzwi nka The Ben yasabye imbabazi Mama umubyara anazisaba Abanyarwanda muri rusange nyuma yo gukorwa n’isoni zo kwanika inda y’umugore we ku gasozi, byongeye y’imvutsi bw’imfura bagiye kwibaruka.
Uyu muhanzi wari umaze umwaka ashyingiwe na Pamela, aherutse gusohora indirimbo irimo amashusho ye n’umugore we bashyize inda hanze y’imvutsi bereka abantu ko bagiye kwibaruka umwana w’imfura.
Ni amashusho atararyoheye benshi kuri uwo (…)
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imari cya BDF, kirasaba abakigana kubahiriza ibyo basabwa kugira ngo babone inguzanyo basabira ingwate.
BDF ibisabye abagenerwabikorwa nyuma yaho hari abagiye binubira ko kibacuragizwa mu gihe bayisabamo inguzanyo.
Mu binubira serivisi za BDF hari abagaragaza ko bacuragizwa iyo batse inguzanyo muri BDF, nkaho bamara igihe kirere barayisabye kandi baratanze ibisabwa ariko bagatinda kuyibona.
BDF ni ikigo gifasha ba rwiyemezamirimo bato n’abaciriritse kugera kuri (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















