Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Minisitiri w’intebe wa Hongie yavuze ko abagore bafite abana bane cyangwa barenga bo muri iki gihugu bagiye kujya basonerwa imisoro ku nyungu mu gihe cy’ubuzima bwabo bwose, hagamijwe kongera umubare w’abana bavuka.
Ubwo yatangazaga iyi gahunda, minisitiri w’intebe Viktor Orban yavuze ko ari uburyo bwo kurwana kuri ejo hazaza hadashingiye ku bimukira.
Bwana Orban wo mu murongo wa politiki wo kudashaka impinduka kandi ushyize imbere abenegihugu, arwanya by’umwihariko abimukira bo mu idini (…)
Mu butumwa yanyujije mu bitangazamakuru bya leta, Perezida Abdelaziz Bouteflika wa Algeria, w’imyaka 81 y’amavuko, yatangaje ko aziyamamaza muri manda ya gatanu mu matora ya perezida ateganyijwe kuba mu kwezi kwa kane muri uyu mwaka wa 2019.
Bwana Bouteflika amaze imyaka 20 ari ku butegetsi, ariko ni gacye cyane yagaragaye mu ruhame kuva yarwara indwara y’imitsi yo mu bwonko mu mwaka wa 2013.
Muri ubwo butumwa, yashimangiye ko "ugushaka gukomeye" kwe ko gukorera Algeria kwatumye arenga (…)
Raphael Samuel, umugabo wo mu Buhinde ushaka kurega mu rukiko ababyeyi bamubyaye batamugishije inama
Umugabo wo mu Buhinde w’imyaka 27 y’amavuko, avuga ko ateganya kurega mu rukiko ababyeyi be kubera ko bamubyaye nta ruhushya abibahereye.
Uyu mugabo witwa Raphael Samuel ukora ubucuruzi mu mujyi wa Mumbai, yabwiye BBC ko atari byo gushyira abana ku isi kubera ko bahita basabwa guhangana n’umubabaro wo ku isi mu buzima bwabo bwose.
Bwana Samuel, birumvikana, yumva neza ko tutagishwa inama mbere yuko tuvuka, ariko ashimangira ko "kubyarwa kwacu ntikwavuye ku cyemezo cyacu". Rero, Bwana (…)
BBC yemeje ko abanyamakuru bayo bari batawe muri yombi muri Uganda barekuwe by’agateganyo.
Ikinyamakuru The New Vision kibogamiye kuri leta ya Uganda, cyatangaje ko polisi y’iki gihugu yabarekuye by’agateganyo mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, bakaba bategetswe kuzitaba ku biro bya polisi ku itariki ya 18 y’uku kwezi kwa kabiri.
Ku wa gatatu nijoro nibwo polisi ya Uganda yari yataye muri yombi iri tsinda ry’abanyamakuru ba BBC, mu murwa mukuru Kampala.
Aba banyamakuru barimo bakora (…)
Papa Fransisko yemeje ko hari abihaye Imana bahohoteye ababikira bakanabagira ibikoresho byabo mu kubasambanya.
Avuga y’uko aricyo cyatumye uwo yasimbuye, Papa Benedigito wa 16, byabaye ngombwa ko akinga ikigo cyose cy’ababikira barimo bahohoterwa n’abapadiri.
Bubaye ubwa mbere Papa Fransisko yemera ayo mabi akorerwa ababikira. Avuga ati birarabaje kubona iyo ngeso ikomeza mu gihe kiliziya yarimo igerageza kuyirwanya.
Papa Fransisko yatangaje ibi imbere y’abanyamakuru mu gihe yari mu (…)
Abarusiya babiri bafungiwe muri Malaysia kubera igikorwa bakoreye mu muhanda cyo gusimbagiza umwana wabo bamufashe amaguru bakajya bamutera mu kirere.
Polisi yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko uyu mugore n’umugabo bari guhatwa ibibazo ku kivugwa ko ari uguhohotera umwana wabo w’umukobwa w’amezi ane.
Videwo igaragaza uburyo bumwe bwo gusimbagiza uwo mwana yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, bituma polisi ibikurikirana.
Aba babyeyi bari mu kigero cy’imyaka ya za 20 ishyira 30, bari gutembera (…)
Ushobora usanzwe wumva bamwe bavuga ko baretse cyangwa bagabanije kurya inyama, abenshi bakabigira cyane cyane ku mpamvu zo kurengera ubuzima bwabo, ariko ukwiye kumenya ko ikigero cy’abarya inyama kiyongereye. Abaminuje mu kuzirya, bari mu bihe bihugu?
Mu bihugu bimwe na bimwe bafata umwanzurowo kutarya inyama mu mu buryo bwo kubungabunga ibidukikije, ahandi naho ngo banga kurya inyama mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’inyamaswa.
Icya gatatu cy’abongereza bavuga ko bahagaritse burundu (…)
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika umuforomo yahakanye icyaha ashinjwa cyo gufata ku ngufu umugore warusanzwe urwariye kw’ivuriro akaba aherutse kwibaruka.
Nathan Sutherland w’imyaka 36 arashinjwa icyaha cyo gufata ku ngufu yakoreye umurwayi.
Uwo mugore w’imyaka 29 amaze hafi imyaka 20 arwariye kw’ivuriro rya Hacienda HealthCare muri Leta ya Arizona. Yibarutse umwana w’umuhungu mu kwezi k’ukuboza umwaka ushize.
Bafashe ibipimo by’amaraso, bizwi nka DNA bya Sutherland, basanze bihura (…)
Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo yashyigikiye amategeko-teka yatangaje agenera imishahara abaminisitiri mu gihe cy’ubuzima bwabo bwose ndetse n’utundi duhimbazamusyi.
Mu itangazo yasohoye ku wa mbere, leta ya Kongo yatangaje ko iyi mishahara itagamije "gukungahaza abategetsi".
Ayo mategeko-teka abiri, agenera abahoze ari abaminisitiri uduhimbazamusyi tubarirwa mu madolari 2000 y’Amerika, yanenzwe na benshi.
Igice kinini cy’abaturage barenga miliyoni 80 batuye Kongo, babayeho (…)
Abahanga mu bumenyi bwa siyansi bavuga ko bavumbuye ibanga rituma abantu bamwe bakomeza kuba bananutse cyangwa b’urubavu ruto (bimenyerewe nko kuba kuri "taille"), mu gihe abandi bo babyibuha biboroheye.
Ubushakashatsi bwabo butahura ibice bishya bijyanye n’imiterere abantu bo mu muryango umwe bahuriraho - by’umurage, bituma bakomeza kuba ari abantu bananutse.
Itsinda ry’abakoze ubu bushakashatsi baturutse mu bihugu byo ku isi bitandukanye. Bavuga ko ibi bishyigikira igitekerezo cyuko, (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















