Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Abaturage bo mu mirenge ya Shingiro na Musanze bo mu karere ka Musanze bavuga imyato Perezida Kagame, bishimira ko yaborohereje mu buhahirane nyuma y’uko abubakiye ikiraro gihuza iyi mirenge yombi, cyuzuye gitwaye amafaranga asaga miliyoni 62 Frw.
Bamwe mu baturage baganiye na mamaurwagasabo.rw bemeza ko ubuhahirane bugiye kwiyongera ngo Kuko bagorwaga no kunyuza imyaka Kuri iki kiraro kubera ko kitari kijyanye n’igihe cyari cyarashaje.
Uwineza Marie Claire yagize ati"Twari dutewe (…)
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Bulinda mu murenge wa Rubavu ho mu Karere ka Rubavu, bavuga ko hari abajya gucora muri DRC basigaye babiba inka bakazambukana muri kino gihugu.
Umwe muri bano baturage agaragaza kino kibazo, yemeza ko hari abacoracora bari kujya mu bikorwa by’ubucoracora muri DRC, bakambukana inka, ndetse nta tinya no kuvuga amazina ya bamwe ashinja buno bino bujura.
Yagize ati" Inka bayijyanye saa tanu za n’ijoro, ni abacoracora ( aha avuga n’amazina yabo ashinja), (…)
Hari bamwe mu bana bo mu karere ka Musanze bavuga ko akenshi bishora mu gukora uburaya bakavuga ko babitewe n’ubukene.
Ibi byagarutsweho ubwo umuryango nyarwanda ukora mu kurwanya icyorezo cya SIDA, kurwanya ubukene no guteza imbere uburenganzira bwa muntu ukanakorana bya hafi n’abari mu byiciro byihariye (ANSP+) barimo bahugura ibi byiciro bifite ibyago byo kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Umwe mu bakora uburaya wagiranye ikiganiro na mamaurwagasabo yagize ati: (…)
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Mukase Valentine hamwe na Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu, NIRAGIRE Théophile ndetse na Perezida w’Inama Njyanama Dusingize Donatha beguye.
Muri Komite nyobozi hasigaye Visi Meya ushinzwe imibereho y’abaturage. Abeguye kandi bakurikiwe no kwirukanwa kw’abageze kuri 13 bakora mu myanya itandukanye mu karere.
Beguye nyuma yaho mu minsi ishize byavuzwe ko hari uwarokotse Genoside yakorewe Abatutsi uherutse gusindishwa, nyuma aricwa mu Murenge wa (…)
Umunyamakuru ScoviaMutesi, akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Mamaurwagasabo Ltd
yatorewe kuba Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (Rwanda Media Commission, RMC), umwanya yasimbuyeho Cleophas Barore.
Ni inama y’Ubutegetsi igizwe n’abandi banyamakuru batatu batowe barimo Girinema Philbert, umwanditse mukuru wa IGIHE, Nyirarukundo Xavera wa Radio y’igihugu RBA na Rwanyange Anthere uyobora Panorama.
Ni amatora yabereye i Kigali, aho yari agamije gusimbuza abayobozi (…)
Bamwe mu baturage bo Mudugu wa Bubaji, mu Kagari ka Bulinda mu Murenge wa Rubavu, bavuga ko ubu bari mu mwijima nyuma yo kubura umuriro w’amashanyarazi bitewe nuko insiga ziwugeza mu ngo zabo zibwe.
Umwe muri bano baturage waganiriye na Mamaurwagasabo yagize ati: "Abajura bari kuza ku mazu, nko kuya Michel (avuga umusaza wibwe) ikamba (urusinga) ye barayikase; insinga z’amashanyarazi bari kuzikata. Nuyu musaza barayijyanjye, ubu ntabwo ari gucana, ubu rwose nukuturwanaho".
Undi muturage (…)
Abakinnyi bafite ubumuga ba Musanze baremeye mugenzi wabo witwa Hakizimana Theogene w’imyaka 43, utuye mu mudugudu w’Iremb, Akagari ka Byahi, Umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu.
Ni umukinnyi uterura ibiremereye akanaserukira igihugu mu mikino mpuzamahanga (Para power lifting na sitting volleyball), kuri ubu warembejwe n’uburwayi.
Ni igikorwa cyakozwe n’abagize ikipe ya Musanze mu bafite ubumuga ndetse n’abayobozi babo mu rwego rwo gukomeza kuba hafi umuvandimwe wabo wagize ikibazo (…)
Bamwe mu babyeyi bo mu murenge wa Gataraga w’Akarere ka Musanze baranenga bagenzi babo bamara kubona inyunganira (Shisha kubondo) n’amata yagenewe kurwanya igwingira mu bana bakajya kubigurisha.
Aba baturage babigarutseho ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya imirire mibi nigwingira mu bana kizamara icyumweru 1 hakorwa ubukangurambaga mu kwitabira ibigo mbonezamikurire mu bana.
Nzabara Alphonsi akuriye irerero(Team Leader) rya Rwizovu icyizere mu murenge wa Gataraga yagize (…)
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, Ndagijimana Frodouard.
RIB yavuze ko yafatanywe n’uwitwa Mporanyimana Eugene.
Bombi bakurikiranyweho ibyaha byo gutanga indonke kugira ngo uwakorewe icyaha yivuguruze mu butabera, koshya abitabajwe mu nzego z’ubutabera no gucura umugambi wo gukora icyaha.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira yavuze ko bifitanye isano n’icyaha cyo gusambanya umwana, Ndagijimana yari (…)
Umuturage witwa Babonampoze Jean Damscène, utuye mu Kagari ka Murambi, mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro, avuga ko nyuma y’imyaka igiye kuba giye itatu asiragira ku ngurane y’imitungo ye, noneho yabujijwe gusubira ku karere kubaza icyo kibazo.
Ingurane uyu muturage avuga asaba ku mitungo ye, ifite agaciro gasaga Frw 375 000 ituruka ku byangijwe mu murima we kubera ibikorwa byo kubaka umuhanda.
Yagize ati: "Nabariwe umurima wanjye, uwo hino no hirya yanjye barishyurwa ariko njyewe (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















