Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Bamwe mu baturage bakorera ubucuruzi butandukanya mu Karere ka Rubavu, barinubira kujyanwa gufungirwa mu nzererezi ngo nuko babuze EBM, aho babibonamo akarengane.
Mu karere ka Rubavu ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’Amahoro bwatangaje ko bwafatiye ingamba abacuruzi badatanga fagitire za EBM, ngo nyuma y’umuco wagaragaye wo kwirirwa bafunze mu gihe hari igenzura, ku mikoreshereze yazo.
Zimwe mu ngamba zafatiwe abacuruzi ngo batitabira gukoresha EBM, bigatuma bamwe bafata (…)
Mu nama y’Ihuriro ry’Ubumwe n’ubudaheranwa, yahuje abayobozi mu byiciro bitandukanye yabereye mu karere ka Burera, abatuye aka karere biyemeje guhangana n’abantu bakibiba amacakubiri mu Banyarwanda.
Hari mu nama y’iri huriro yari ifite insanganyamatsiko igira iti "Indangagaciro na kirazira, Isôoko y’ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda".
Muri ibi biganiro babanje kugaruka ku ndangagaciro zahoze ziranga Abanyarwanda ndetse bongera kugaruka ku cyahembereye amacakubiri yasenye ubumwe (…)
Nkuko umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ahora abisaba abayobozi kuticara mu biro birengagije kujya kwegera abaturage ngo babakemurire ibibazo, kuri ubu komite nyobozi yose y’Akarere ka Musanze n’abandi bayobozi batandukanye n’inzego z’umutekano batangiye kumanuka mu mirenge igize akarere, bakemura ibibazo bibabangamiye.
Ni igikorwa cyatangiye tariki ya 22 Ukwakira 2024 aho ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko kujya kwegera abaturage biri mu nshingano zabo ndetse ngo ibibazo 80% bavayo bikemutse, (…)
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Murambi, mu Murenge wa Musasa, barinubira ko abarimo gukora umuhanda wa kaburimbo bayobora imiferege y’amazi mu myaka yabo ikaba irimo gutwarwa n’isuri bigaca n’amatiyo y’amazi begerejwe.
Aba baturage babwiye Mamaurwagasabo ko bafite impungenge ko ibi bishobora kubateza inzara hamwe no kubura amazi.
Umuhanda uri gukorwa mu kagari ka Murambi uturuka mu isanteri ya Nkomero, aho wahujwe ukaba umwe ukomeza mu murenge wa Boneza, hose mu karere ka Rutsiro. (…)
Hirya no hino mu karere ka Musanze hari abana usanga barataye inshuri bibereye mu bindi bikorwa bitandukanye birimo no gucuruza ibisheke abandi nta gifatika barimo.
Iyo ubabajije bavuga ko biterwa na bamwe mu babyeyi babo basigaye bihunza inshingano zo kurera, abandi ukumva biterwa n’amakimbirane aba mu miryango.
Bamwe mu babyeyi baganiye na Mamaurwagasabo.rw batunze agatoki bagenzi babo ngo bumva ko leta ariyo igomba kurera abana nyamara ngo hagakwiye kubamo ubufatanye.
Kampire (…)
Mu kigo kinyurwamo by’igihe gito cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa kabiri hasezerewe abahoze mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi bagera kuri 61 barimo n’abo mu miryango yabo.
Ni umuhango utegurwa na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikaremu.
Bamwe mu basezerewe kuri iyi nshuro ya 72 bagaragaza ko biteguye gufatanya n’abandi mu kubaka igihugu ndetse bakanashishikariza bagenzi babo (…)
Umusaza witwa Karekezi Burigo ufite imyaka 71, utuye mu mudugu wa Musumba, mu kagari ka Kanyove mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, avuga ko amaze imyaka itatu (3), asiragira ku ngurane y’imitungo ye yangijwe n’ibikorwa bya Rwanda Energy Group (REG) none yarahebye.
Mu kiganiro n’umunyamakuru wa Mamaurwagasabo, Karekezi yavuze ko imitungo ye irimo inzu n’ubutaka byakoreshejwe mu bikorwa byo gukwirakwiza amashanyarazi muri kano karere, ariko ngo ntabwo yari yishyurwa ahubwo yakomeje (…)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze baravuga ko ikibazo cy’urugomo rwo "guterwa kaci" bakamburwa utwabo n’abajura bitwaje intwaro gakondo cyongeye gukaza umurego.
Iyo uganiye n’abaturage ba Musanze, cyane abo mu bice bya Ines Ruhengeri, Rusagara, Younde, Nyarubande, Gashangiro, Nyamagumba, Muri Susa n’ahandi wumva bataka ikibazo cyo guterwa kaci , akaba ariho bahera basaba inzego z’umutekano zirimo Polisi n’Ingabo z’Igihugu gushyira ingufu kuri iki kibazo.
Aba baturage baravuga (…)
Mu karere ka Rutsiro kuri uyu wa Gatatu ku itariki 16 Ukwakira 2024, habereye Inama Mpuzabikorwa y’Akarere ka Rutsiro, ifite insanganyamatsiko igira iti" Uruhare rw’Umuyobozi mu Iterambere rishyira Umuturage ku Isonga", hacyebuwe abayobozi bagiseta ibirenge mu kwesa imihigo muri gahunda za Leta zitandukanye.
Iyi nama yitabiriwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Dushimimana Lambert hamwe n’umuyobozi waka karere Kayitesi Dative, harebegwa hamwe aho aka Karere kageze mu kwesa imihigo (…)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze baravuga ko hari inzoga yitwa Magwingi ikomeje gutesha umutwe abagabo, ikorerwa mu rugo rw’umuturage wo mu murenge wa Cyuve, Akagari ka Kabeza.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo Tv ubwo yageraga mu muri uyu murenge wa cyuve, aho bavuga ko iyi nzoga abagabo bamara kuyinywa bagatera ibibazo mu miryango yabo kuko baba babaye nk’abasazi.
Uwo twahuriye ahazwi nko mu Gashangiro hafi no ku kabindi yagize ati: "Iyi Nzoga yitwa (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















