Urwego rushinzwe ubutasi muri Iran rwatangaje ko rwakoranye n’ingabo za Islamic Revolutionary Guard Corps mu gikorwa cyo gukumira hakiri kare imitwe ishaka ubwigenge ihanganye na Iran ivugwaho gushyigikirwa na USA na Israel, yari igiye kwinjira mu burengerazuba bwa Iran igamije kugaba ibitero by’iterabwoba.
Mu itangazo ryatangajwe n’ikinyamakuru cya Tasnim News Agency, iyo minisiteri yavuze ko ingabo za Iran zagabye ibitero ku birindiro byinshi by’iyo mitwe ndetse zinasenya ibikoresho (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Burera mu mirenge ya Cyanika , Rugarama na Kagogo abana birirwa mu mihanda aho kujya mu ishuri ikibazo gikomeje gufata indi ntera, kuko muri ako karere habarurwa abagera ku 700 badaheruka kujya ku ishuri.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 02 Gashyantare 2022, Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, mu nama yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu karere ka Burera yagarutse ku kibazo cyugarije aka karere ndetse atanga umukoro ku (…)
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye Intwari z’u Rwanda anashyira indabo ku Gicumbi cy’Intwari giherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali.
Ni umuhango uba ngarukamwaka, kuri iyi nshuro yari iya 28, tariki ya 1 Gashyantare 2022, ku insanganyamatsiko igira iti ‘Ubutwari mu Banyarwanda, Agaciro kacu’.
Perezida Kagame wari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, bageze ku Gicumbi cy’Intwari baherekejwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu.
Ni umuhango kandi witabiriwe (…)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera, bagaragaje ko bahuye n’ikibazo cy’ingutu, cyo kuba Leta y’Ubumwe yarabimuye ku masambu yabo bagatuzwa mu midugudu ariko amasambu yabo basanze abaruye mu miturire none imisoro ku bukode yababanye myinshi ku buryo bayobewe uko bazayishyura.
Abagaragaje icyo kibazo ni abatuye mu mudugudu wa Nyakwibereka mu kagari ka Kayumba, umurenge wa Nyamata.
Babitangarije Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, ubwo yageraga mu mudugudu wa (…)
Yanditswe na Samuel Mutungirehe
Bamwe mu basore bagejeje igihe cyo gushinga ingo bo mu karere ka Rubavu, bavuga ko nanubu batariyumvisha uko bazigondera kubaka inzu zisabwa mu gishushanyombonera cy’Umujyi wa Rubavu, cyane ko zirenze ubushobozi bwabo kandi nabo bifuza gutura mu mugi bavukiyemo.
Abafite icyo kibazo biganjemo abo mu murenge wa Rubavu, bavuga ko guhera ku ngo z’iwabo hari mu miturire ariko iyo barebye ku gishushanyombonera cy’umujyi wa Rubavu inzu zisabwa kubakwa basanga (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umwana w’umukobwa ufite imyaka 15 , utuye mu karere Ka Nyabihu umurenge wa Mukamira , akagari ka Rugeshi avuga ko yasambanyijwe n’umugabo ufite imyaka 38 amutera inda, arayibyara ariko kugeza ubu ntarahabwa ubutabera ngo uwakoze icyaha agihanirwe.
Uyu mwana w’umukobwa reka tumuhe izina rya Mariza, kuri ubu uhetse undi, avuga ko yatewe inda yiga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza ya Kazuba, ayiterwa n’umugabo twirinze gutangaza amazina ye, ariko kuri (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Hari abaturage bo mu mudugudu wa Juru akagali ka Nyanza, umurenge wa Gatenga mu karere ka Kicukiro batangarije Mamaurwagasabo ko baheruka bakorerwaho ubushakashatsi bwa mbere ku buryo u Rwanda ruhagaze ku cyorezo cya Sida, RPHIA, ariko bakavuga ko bahawe ibisubizo bimwe by’uko bahagaze ku cyorezo cya Sida ntibahabwa iby’uko bahagaze ku ndwara y’Umwijima, Hepatitis B na C.
Ni ubushakashatsi bwakozwe kuva mu kwakira umwaka wa 2018 kugeza muri Werurwe 2019; (…)
Mu gihe Goverinoma y’u Rwanda yashyiriyeho Abanyarwanda bose amahirwe yo kugira ubwishingizi ku buzima bwa Mituweli, mu karere ka Bugesera ho hari ababyeyi bafite ikibazo cy’uko bishyuye imisanzu yose ya mituweli ku muryango yabo ariko babuze Code zifashishwa mu kuvuza abana batarafata indangamuntu, bituma abarwaye babura uko bavurwa iyo bageze kwa muganga, ababyeyi bakavuza magendu.
Ubusanzwe kugira ngo umwana utarafata indangamuntu abashe kwivuza ku bitaro bya Leta akoresheje Mituweli (…)
Bamwe ntibabyiyumvishaga kugeza ubwo babyiboneye n’amaso yabo, abandi bakabihamya, kubona nyuma y’imyaka irenga gato itatu abaturage b’u Rwanda n’aba Uganda bongera kugenderanirana banyuze inzira y’amaguru ku mupaka wa Gatuna/Katuna uhuza ibihugu byombi.
Ni amateka yongeye kwandikwa utamenya neza uyagizemo uruhare rwihuse; ariko benshi babyita umusaruro mwiza uvuye mu biganiro by’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, akaba n’Umuhungu wa Museveni, Muhoozi Kainerugaba, uherutse kunyarukira i (…)
Byasaga n’ibitangaza kubona amazi yisukiranya mu bivomesho by’abaturage bo mu mudugudu wa Nyakwibereka, mu Kagari ka Kayumba ho mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma y’imyaka igera kuri 36 nta mazi meza atangwa na Leta agera muri uwo mudugudu dore ko aheruka bayabonye ahagana mu 1986 nk’uko umusaza Mugambira Abel yabitangarije Umuyobozi w’akarere Mutabazi Richard ubwo yari amaze gufungura ku mugaragaro ivomero rusange rya Nyakwibereka.
Uyu musaza, ku maso ugaragara nk’usheshe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abaturage bo mu karere ka Burera bakoraga ubucuruzi bwambukiranya imipaka y’u Rwanda na Uganda bavuga ko muri iyi myaka igera kuri itatu imipaka ihuza ibihugu byombi imaze ifunze bamwe muri bo bakoraga nk’abarembetsi bakanyura inzira zitemewe zizwi nka Panya, mu rwego kugira ngo badasorera ibicuruzwa ariko ubu bagiye kujya banyura mu nzira zemewe ubwo imipaka y’u Rwanda na Uganda izaba yongeye gufungurwa.
Kamili Enock ni umwe mu baturage baturiye (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.


![Burera: Abana bagera ku 7,000 bataye ishuri, benshi birirwa mu mihanda [Amafoto]](IMG/logo/img_20220202_171105_766.jpg?1643814730)

















