Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Inama y’Abaminisitiri yemeje umushinga w’Itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, uteganya amavugurura atandukanye ashingiye kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho, mu rwego rwo kurushaho gukorera mu mucyo no kubazwa inshingano, hagamijwe kunoza umutekano wo mu muhanda no kugabanya impanuka n’abo zihitana.
Ibyo ni bimwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 Mata 2025, iyobowe na Perezida Kagame.
Umushinga w’itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Mata 2025 nibwo habyutse hasakara amakuru yuko umuyobozi w’akarere ka Nyanza yakuwe mu nshingano n’inama njayanama y’akarere, nyuma yo gusanga atubahiriza inshingano ze uko bikwiye.
Byaje gukomeza kuvugwa ko Ntazinda Erasme yaba yanatawe muri yombi n’urwego rw’ubugenzacyaha ariko ntihabonetse igihamya nyacyo kivuye ku rwego rubifitiye ububasha.
Mu masaha make y’igicamunsi, Umuvugizi w’urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry (…)
Hari bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bahangayikishijwe n’inkuba zijya zibibasira, bakaboneraho gusaba ubuyobozi kubegereza imirindankuba.
Ntibarikure Joseph na Ngendahimana Gérard, ni bamwe muri baturage bagaragaza ubwabo ko mu gihe inkuba zikubita nk’abaturage batuye muri kano Karere ka Rutsiri, baba bafite impungenge zuko nabo zabakubita.
Ntibarikure ati: "Ubu ntawe ukibona imvura iguye ngo yugame mu ntoki."
Uyu muturage yunganirwa na Ngendahimana nawe wagize (…)
Ihuriro AFC/M23 rihanganye na Leta ya DRCongo ryashinje ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) kurekura ingabo 800 zari zayihungiyeho kugira ngo zihungabanye umutekano w’umujyi wa Goma.
Tariki ya 27 Mutarama 2025 ni bwo AFC/M23 yafashe umujyi wa Goma. Icyo gihe ingabo za RDC, abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’ab’imitwe ya Wazalendo bahungiye mu bigo bya MONUSCO bitandukanye.
Mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira uwa 12 Mata 2025, ingabo za RDC, FDLR na (…)
Umushingwa wo kubaka isoko rya Gisenyi, ry’akarere ka Rubavu ni umwe mu mishinga yo muri uyu mujyi yadidinye mu buryo bukabije, aho rimaze imyaka irenga 14 ryubakwa ariko ritaruzura.
Icyakora ubu hari inkuru nziza ku bari bategereje ko ryuzura, dore ko ukwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, kuza gusiga ryuzuye, nkuko ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bubitangagaza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu bikorwa byo ku ryubaka hagezweho imirimo ya nyuma (finisage) yo kurisoza, nko gusiga (…)
Umuryango w’Afurika y’Amajyepfo, SADC, wahakanye wivuye inyuma ko nta ruhare wagize mu bitero byagabwe ku mugi wa Goma.
Ibiteroi byagabwe kuri Goma, tariki ya 11 Mata 2025, Ihuriro AFC/M23 rifite uwo mugi mukuru muri Kivu y’Amajyaruguru rihita ribishinja Ingabo za SAMDRC kuba inyuma yabyo bafatanyije n’igisirikare cya Leta, Wazalendo, ndetse na FDLR.
Nyuma y’amasaha make, Umuvugizi w’ingabo za Leta, FADRC, General Ekenge yahise yamagana ibiyishinjwa, atangaza aho FADRC igiye ifite (…)
Nyuma yuko kuwa Gatandatu, tariki ya 11 Mata 2025, i Goma no mu nkengero zaho humvikanye urusaku rw’amasasu n’imbunda ziremereye, mu minota mike Ihuriro rya AFC/M23 rigatangaza ko ryasubije inyuma ibitero by’ingabo za SADC (SAMIDRC) mu gufasha FARDC n’abayifasha gushaka kwisubiza Goma, igisirikare cya Leta ya DRC cyatangaje ko atari cyo cyakoze ibyo.
Ni igitero cyagabwe ku wa Gatanu tariki 11 Mata 2025, aho mu bice bigize uburengerazuba bwa Goma birimo Mugunga, Kyeshero no mu gace ka Lac (…)
Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwakiriye dosiye 82 z’abantu 87 bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cy’icyunamo.
Byatangajwe n’umuvugizi w’uru rwego, Dr Murangira B. Thierry mu Kiganiro Waramutse Rwanda cya RBA, avuga ko abo bantu bari mu madosiye 82, barimo n’umwaka w’imyaka 15.
Izo dosiye zakiriwe guhera ku itariki 7 Mata 2025 uko ari 82, harimo izirebana n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’izifitanye isano nayo zingana na 76 mu gihe iz’ivangura ari (…)
Ubwo urugamba rwo kubohora u Rwanda hamwe n’ibiganiro by’amahoro hagati ya FPR Inkotanyi na Guverinoma y’u Rwanda byari birimbanyije mu 1993, Perezida Habyarimana n’inzego ze z’iperereza bari bakataje mu kongera guca umugongo FPR-Inkotanyi.
Aho kwita ku kibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda zari zandagaye hirya no hino ku Isi, guhagarika akarengane no guhohotera Abatutsi imbere mu gihugu, Guverinoma ya Habyarimana yahisemo guca undi muvuno, wo kugerageza kwica Maj Paul Kagame wari ukuriye (…)
Nyuma yuko yemeye gusubira inyuma ngo hubahirizwe agahenge kateguraga ibiganiro bya Guverinoma ya DRC n’Ihuriro rya AFC/M23 imbere y’umwami wa Qatar, iri huriro ryatangaje ko ingabo za Leta n’abambari bazo basubiye kugaba ibitero ku baturage barimo n’abop muri Walikale kandi itazakomeza kurebera bicwa.
Itangazo rya AFC/M23 ryo kuri uyu wa kane, tariki ya 10 Mata 2025, rivuga ko ingabo za RDC (FARDC) ziri kwifatanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ingabo z’u Burundi n’imitwe wa Wazalendo (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















